Skip to main content

Posts

Showing posts from January, 2020

Ibikorwa by’ababahá’í

Ubushize ubwo twabagezagaho ibijyanye n’inyigisho bahá’í, twababwiye ibijyanye n’ibyo ababahá’í bakora. Ibikorwa by’ababahá’í bikubiye mu ngingo eshanu nk’uko twari twabivuze gusa twavuze ebyiri gusa. Uyu munsi reka tubagezeho n’izindi ngingo eshatu zari zisigaye. 3. Amashuri baha'i y'abana : Iyi gahunda iba iteganyirijwe abana bari mu myaka hagati ya 12 na 14 y’amavuko. Iyi gahunda kandi iba igizwe n’ibikorwa bitandukanye birimo kwimenyereza kuvugira mu ruhame, gusoma, gusobanukirwa inyandiko, siporo, imikino, ubuhanzi, imyidagaduro,umuco, kumva neza ibijyanye na roho no kubishyira mu ngiro ndetse no gukora imishinga itandukanye yo mu miryango yabo, mu nsisiro bakomokamo ndetse na mwene muntu muri rusange. Icyo ubu bumenyi buba bugamije ni ukubaka ububasha bw’ubwenge na roho, ni ukuvuga gufasha kugira ubushobozi bufatika, indangagaciro za roho nk’ubushobozi bwo gutekereza, kugira ngo bifashe buri umwe witabira kwigaragaza no kugaragaza ubudasa mu byo akorera aban...

Ibyo Ababaha’i bakora

Muraho neza mwe mwese mukomeje kubana natwe mu nyigisho tubagezaho. Ubushize twarebeye hamwe ibijyanye n’imyizerere y’Ababaha’i. Muri ino minsi na none tugiye gukomeza turebe ndetse tunasobanukirwe ibyo Ababaha’i bakora.   Kuva ukwizera bahá’i kubayeho hashize imyaka 176 ( mu 1844), umubare munini w’abantu, babonye mu nyigisho za Bahá’u’lláh, intumbero ifatika y’isi nziza. Abenshi ni abifashishije izi nyigisho –ubumwe bw’abantu, uburinganire hagati y’umugabo n’umugore, gukuraho urwikekwe, kwemera aho ubumenyi(science,siyanse) buhuriye n’idini – ndetse bagiye bashaka uko bashyira mu ngiro amahame ya kibahá’í mu ngiro mu buzima   ndetse n’akazi kabo.   Biturutse ku ihame ry’ubumwe bw’inyoko muntu , ababahá’í bizera ko iterambere ry’isi mu buryo bufatika n’ubwa roho biba hamwe ndetse bikaba bikwiye ko bigirwamo uruhare n’abantu benshi , amatsinda ndetse   n’imiryango ihagije mu bisekuru bitandukanye. Umuhate w’umuryango w’ababahá’i ku iterambere ry’iki gik...