Skip to main content

Ibikorwa by’ababahá’í



Ubushize ubwo twabagezagaho ibijyanye n’inyigisho bahá’í, twababwiye ibijyanye n’ibyo ababahá’í bakora. Ibikorwa by’ababahá’í bikubiye mu ngingo eshanu nk’uko twari twabivuze gusa twavuze ebyiri gusa. Uyu munsi reka tubagezeho n’izindi ngingo eshatu zari zisigaye.

3. Amashuri baha'i y'abana : Iyi gahunda iba iteganyirijwe abana bari mu myaka hagati ya 12 na 14 y’amavuko. Iyi gahunda kandi iba igizwe n’ibikorwa bitandukanye birimo kwimenyereza kuvugira mu ruhame, gusoma, gusobanukirwa inyandiko, siporo, imikino, ubuhanzi, imyidagaduro,umuco, kumva neza ibijyanye na roho no kubishyira mu ngiro ndetse no gukora imishinga itandukanye yo mu miryango yabo, mu nsisiro bakomokamo ndetse na mwene muntu muri rusange.

Icyo ubu bumenyi buba bugamije ni ukubaka ububasha bw’ubwenge na roho, ni ukuvuga gufasha kugira ubushobozi bufatika, indangagaciro za roho nk’ubushobozi bwo gutekereza, kugira ngo bifashe buri umwe witabira kwigaragaza no kugaragaza ubudasa mu byo akorera abandi.

Ibi bikorwa biba byagaragajwe mu matsinda bituma bamwe biyumvamo icyo bivuze gusangirira hamwe,kwibariza hamwe, kwigaragaza no kwishimisha. Iyi gahunda kandi ituma haboneka uguterana inkunga mu buzima bwa buri munsi ndetse ikaba n’urufunguzo rw’ifatwa ry’ibyemezo byatekerejweho mu bwisanzure. Akenshi bikaba bishingiye ku bitekerezo bya roho.

4. Uruziga rw’amasomo : Inziga z’amasomo ni amatsinda ahura mu buryo buhoraho agamije kwiga inyandiko zera bahá’í biciye mu kujya impaka, imyitozo yo  kugira ibyo bashyira mu ngiro n’ibikorwa bya gihanzi.
Izi nziga ziboneka mu bihugu byose ku isi. Habamo gahunda yo guhugura abakuze,ndetse igaruka no ku burezi bw ‘urubyiruko. Iyi ni gahunda ifatwa nk’iyagutse cyane kurusha izindi ku isi.
Aya mahugurwa afasha buri umwe wayitabiriye kuvumbura ukuri kwa roho y’ubuzima bwe biciye muri gahunda yo kwiga ndetse no gutekereza ku kuri kw’imiterere ya muntu.

5. Inama y’urubyiruko : Urubyiruko ruharanira gutanga umusanzu ku mibereho myiza y’imiryango yabo ruraterana , kuva mu ntangiro za Nyakanga 2013 mu ruhererekane rw’inama rwifujwe n’Inzu Nsanganyasi y’Ubutabera, Inteko Nkuru y’ukwizera bahá'i, binyuze mu nama nto z ‘urubyiruko bakabikorera aho batuye mu rwego rwo gusangira na bagenzi babo inyigisho za Bahá'u'lláh.
Ku bindi bisobanuro byisumbuye bijyanye n’ibyo Ababahá'i bakora bashyira mu ngiro inyigisho za Bahá’u’lláh, twifashisha ibyo Inteko Nkuru ku isi y’ Ababahá'i ishyira ku mbuga nkoranyambaga zayo.

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...