Skip to main content

Posts

Showing posts from December, 2021

Umunsi w’isezerano ku Babaha’i bose bari ku isi

  Umunsi w’Isezerano uba ku itariki 26 Ugushyingo buri mwaka kandi ukanahura n’igihe Baháʼu'lláh yatoranyaga umuhungu we w’imfura ’ Abdu’l baha nk’umurinzi w’isezerano rye.   ’ Abdu’l baha Nyuma yo gupfa kwa Baháʼu'lláh ku itariki 29 Gicurasi 1892, ububasha bwose bujyanye   no kurinda ndetse no gusigasira isezerano byasigaranwe na ’ Abdu’l baha nk’uko Baháʼu'lláh we ubwe yabyerekanye mu nyandiko ye , Kitab-i-‘Ahd ( Igitabo cy’isezerano) Mu bugwaneza, ’ Abdu’l baha yasabye Ababaha’i bose ko badakwiye kwizihiza itariki 23 Gicurasi nk’itariki ye y’amavuko ahubwo ngo ni byiza ko bayibuka nk’umunsi B á b we ubwe yitangarijeho. Ahubwo mu rwego rwo kubaha umunsi nyawo wo kwibuka , ’ Abdu’l baha yahisemo tariki 26 Ugushyingo, uyu ni umunsi uba nyuma y’amezi atandatu hibutswe ukujya mu ijuru kwa Baháʼu'lláh. Uyu munsi na none ’ Abdu’l baha yawise uw’Isezerano rya Baháʼu'lláh. Kimwe n’indi minsi mikuru icyenda yizihizwa n’Ababaha’i, nta muntu n’umwe uba ubujijwe...