Skip to main content

Posts

Showing posts from July, 2022

Ishyirwa hamwe ry'inyandiko za BAHA'U'LLAH

(10) XXXI. Rebesha ijisho ry’umutima wawe uruhererekane rw’Abahanuzi basimburanye kuva ku kwigaragaza kw’Adamu kugeza kuri Bab. Ndemeza imbere y’Imana ko bose boherejwe n’ubushake bw’Imana, ko buri wese muri  bo yazanye ubutumwa bwihariye kandi yahawe igitabo kidasanzwe cy’ihishura ry’Imana, hamwe n’ubutumwa bwo guhishura amayobera y’urwandiko rukomeye. Urugero rw’ihishura rwaranze buri wese muri bo ni ikimenyetso cy’ubutoni bwacu kuri bo, niba mubarirwa mu bashobora kwiyumvisha uko kuri. Niba hari icyo mwifuza kumenya kirenze, mwahamagara cyangwa mukandika kuri izi nimero zikurikira: + 250 788590588, + 250 788438300. E-mail : aslbahai.gisenyi@yahoo.fr Mukomeze kugira ibihe byiza aho muri hose. KANDA HANO UKURIKIRE ANDI MAKURU Y'ABAHA'I KU ISI                                 BAHA'IS DE RUBAVU TV

Baha'i-Rubavu: Barasaba urubyiruko guhamya Ukwemera bafite

  Báb wavutse yitwa Sayyed ʻAlí Muḥammad Shírází , yavutse ku itariki 20 Ukwakira 1819. Yavukiye i Shiraz ho muri Iran. Yishwe arashwe n’abasirikare, ahowe Imana ku itariki 9 Nyakanga 1850. Uyu nguyu mu idini ry’Ababaha’i afatwa nk’umuntu ukomeye cyane kuko iri zina rye Bab risobanuye irembo. Uyu kubaho kwe kwateguraga ukuza no kubaho kw’Intumwa y’Imana   Baháʼu'lláh. Tariki icyenda z’Ukwezi kwa Nyakanga buri mwaka ku isi hose Ababaha’i bibuka banazirikana iby’uru rupfu rwa Bab. Mu Karere ka Rubavu Ababaha’i baho nabo bateranye bongera kwibukiranya iby’amateka ye ndetse banatanga inyigisho zishimangira ko buri wese akwiye gukomera mu Kwemera kugira ngo isi ibe nziza. Aha niho bahereye bahamagarira urubyiruko gufata iya mbere mu guhamya ukuri n’Ukwemera bafite bashize amanga.Ibi birahura n’uko Bab nawe yitangaje ndetse atangira gukorera Imana ari umusore muto. Ababaha’i ba Rubavu bamaze iminsi bakora ibiterane byatangiye mu kwezi kwa Gicurasi 2022 bigamije kwereka abantu ...

Ijambo rikenewe muri iki gihe

Iyaba abahanga  bo ku isi bose muri iki gihe turimo bemereraga inyokomuntu ko ihumeka imubavu w’ubucuti n’urukundo, buri mutima wumva wagakwiye kugira igisobanuro cy’ukuri cy’ubwigenge, no kuvumbura ibanga ry’amahoro adacagase ndetse n’umutuzo wuzuye. – BAHÁ’U’LLÁH –