Skip to main content

Posts

Showing posts from November, 2019

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Menya neza Ukwemera Bahá’i

Intumwa y’Imana Bahá’u’llah yaravuze ati: “ Yewe muhungu w’umutima! Ishime,kuko nguhaye inkuru nziza z’ihishura! Mu bwami bw’ubutungane ndagutumiye; ngwino ubuturemo, kugira ngo ushobore kuhaba mu mahoro iteka ryose.” “Umuti w’ikirenga wategetswe na nyagasani, uburyo burusha ubundiububashabwo gukiza isi yose, ni ukunga ubumwe bw’amoko yose, mu mugambi umwe rusange, ukwemera kumwe. Ibyo ntibyashobora kugerwaho, uretse ku bw’ubushobozi bw’Umuganga ubishoboye, ushobora byose kandi wahumekewemo.Nguko ukuri naho ibisigaye byose ni ukuyoba.”