Skip to main content

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse


Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana Báb,wateguraga ukuza kwa Bahá’u’lláh, amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini.Báb wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo.

Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa Báb yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.


“Umwihariko wari uhari kuri uyu mwaka ni uwo kuba  Báb na Bahá’u’lláh bujuje imyaka 200 bavutse. Ikindi twishimira ni uko ku isi hose bari kwizihiza uyu munsi mukuru w’ivuka rya Báb waje ashyize imbere inyigisho zimakaza amahoro y’Imana, ubumwe bw’amadini yose, ihame ry’uburinganire hagati y’umugabo n’umugore ndetse n’ubumwe bw’abantu bose.” Niko Priscilla yahamije.
Uyu munsi mukuru wizihirijwe hafi n’ikiyaga cya Kivu aho washoboraga kumva amahumbezi yacyo, abantu b’ingeri zitandukanye bari bitabiriye ubona banyotewe no kumva ndetse no gusobanukirwa amateka ndetse na gahunda Bab yari afite ku isi.
Uwitonze Justine, umwe mu bitabiriye, aganira n'itangazamakuru yatangaje ko icyo yishimira ari uburyo Ababaha’i  icyo bashyira imbere ari ubumwe bw’abantu batarobanuye.


“Numvise bo rwose icyo bashyize imbere ari ukunga ubumwe kugira ngo duhindure isi kurusha uko twayisanze. Ndashishikariza abantu bose gukurikiza izi nyigisho.” Niko Justine yavuze.
Barumbi Ekumeni Badipi Amédée we mu butumwa yagejeje ku bitabiriye  yibanze na none ku kubwira abantu ko Bab ataje ari uw’Ababaha’i gusa  ahubwo yaje ari uwa bose ndetse ngo n’iki gihe turimo ni icy’ibyo yavuze. Ibi bivuze ko izindi ntumwa zabayeho  mbere zateguraga ukuza kwe.
Bimwe mu bikorwa biba iyo uyu munsi mukuru wo kwizihiza ivuka rya Bab ugeze, ni ukwigisha ubumwa bwiza, gusura inshuti ndetse no guhura hakabaho gusangira.














Dore uko uyu munsi mukuru wagenze mu mafoto:
Habayeho n'igikorwa cyo gusangira na buri umwe wari waje
























Kuri uyu munsi buri wese yatashye anyuzwe n'inyigisho zahatangiwe.

Comments

Popular posts from this blog

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...