Skip to main content

Posts

Showing posts from October, 2020

URWANDIKO RWA SIYYD-I-MIHDIY-I-DAHAJI

  Abantu batunganye bagomba gutekereza no kuzirikana mu mitima yabo uburyo bwo kwigisha. Bagombye gufata mu mutwe interuro n’amabango byavuzwe mu Nyandiko Ntagatifu kandi z’agatangaza bakurikije igihe kugira ngo, mu magambo yabo,bashobore kuvuga mu mutwe amabango y’Imana buri gihe ari ngombwa kuko ayo mabango matagatifu ari umuti ukomeye cyane, Intsinzi ikomeye. Ingaruka yayo irakomeye cyane ku buryo uwumva atazagira impamvu yo kujijinganya.Ndahiye ubuzima bwanjye! Iri hishura rifite ubushobozi bukaze ku buryo rizakora nk’inyerekana-gaciro ku bihugu byose n’amategeko yose yo ku isi. Dufashe igihe cyo kuzirikana twitonze, twakwemera ko nta muntu ushobora guhunga kandi ko ntaho yahungira…

BAHA’U’LLAH: KWEMERA UBUMWE BW’IMANA

  Yemwe abemera ubumwe bw’Imana, mwirinde gutandukanya abahanuzi bayo , kubagiramo ivangura ryabangamira ibimenyetso byaherekeje ihishura ryabo. Mu by’ukuri, aho niho hari igisobanuro nyakuri cy’ubumwe bw’Imana, niba muri mu bashobora kumva uko kuri no kukwemera. Byongeye kandi, mwizere ko imirimo n’ibikorwa by’abo bahanuzi b’Imana, n’ubwo buri wese afite umwihariko, n’ubwo kandi bashobora kwigaragaza by’umwihariko mu gihe kizaza, bose bari mu rwego rw’ubutungane, bose babonekamo ugushaka kw’Imana n’umugambi Wayo. Mu by’ukuri uwatandukanyije abantu,amagambo, ibikorwa n’imigirire y’intumwa z’Ishobora-Byose, yanze ukwemera kw’Imana, yihunza ibimenyetso byayo, anagambanira ubutumwa bwayo.

UKWEMERA K’UBUMWE.

    “Mwese muri imbuto z’igiti kimwe, n’amababi y’ishami rimwe. Mukorere hamwe imirimo yanyu   mu rukundo rukomeye, ubucuti no gufatanya”   “Inshingano y’ingenzi y’Ukwemera kw’Imana n’Iyobokamana ryayo, ni ukurwana ku nyungu za kamere-muntu,gushyigikira ubumwe bwabo no guteza imbere umwuka w’urukundo n’ubucuti mu bantu.”   “ Gusa icyo twifuza ni icyagirira isi akamaro, hamwe n’amahirwe y’ibihugu…ibihugu byose nibyiyunge mu kwemera, n’abantu bose babe abavandimwe, gahuza y’ubucuti n’ubumwe mu bana b’abantu ikomere; gatanya ikomoka ku madini iveho maze irondamoko rikurweho” (Aya magambo yavanywe mu byanditswe na Baha’u’llah)