Skip to main content

Posts

Showing posts from January, 2021

IBYANDITSE MU NYANDIKO ZA BAHA'U'LLAH

  Ndahiye ubutabera bw'IMANA ! Isi n'ubwirasi bwayo ,n'ikuzo ryayo, n'ibyishimo byose ishobora gutanga, imbere y'IMANA , ibyo byose nta gaciro bifite kurusha ak'umukungugu n'umuyonga. Ibyo byose biragayitse kurushaho. Iyaba imitima y'abantu yashoboraga kubyumva ! Yemwe bantu ba BAHA, nimwisukure rwose imyanda yo mu isi n'ibyayo byose. IMANA ,ubwayo yambera umugabo, ibintu byo ku isi ntabwo bibakwiriye. Mubirekere rero ababyifuza ,maze muhange amaso yanyu kuri iri yerekwa rizira inenge kandi rishashagirana. Ikibakwiriye ,ni urukundo rw'IMANA n'urw'Uwabaye ukwigaragaza kwa kamere yayo, kimwe no gukurikiraza ibyo yashatse kubategeka, niba mushobora kubimenya. Vuga uti : Ubugororoke n'ikinyabupfura bibabere umutako . Ntimukambure ikanzu y'ubutabera n'i'y'ubworoherane, kugira ngo imibavu myiza y'ubutungane isendere ku bintu byose byaremwe iturutse mu mitima yanyu.vuga uti: Yemwe bantu ba BAHA, mwirinde kugendera m...

Ibyahanuwe n'Intumwa y'Imana kuri ibi bihe turimo

   Abantu benshi hirya no hino ku isi bafite ubwoba no guhangayika kubera ubuzima bubagoye. Gusa ku bemera bakanizera Imana bazi impamvu. Ibyo tubona uno munsi byavuzwe n'Intumwa y'Imana BAHA'U'LLAH. Iyi nkuru iri munyandiko za BAHA'U'LLAH ivuga ibyahanuwe bijyanye n'ibi bihe turimo igira iti : "Isi iri ku gise,akababaro kayo kariyongera buri munsi. Yahindukiriye ubuhakanyi n'uburiganya. Ariko turasanga ubu ngubu atari ngombwa guhishura uko bizagenda . Izakomeza kwinangira igihe kirekire mu buriganya bwayo ,ubwo isaha yategetswe izaba igeze ,ako kanya ,hazaboneka ikizahindisha umushyitsi bene muntu bose. Icyo gihe kandi,icyo gihe cyonyine niho ibendera ry'Imana rizazamurwa, icyo gihe kandi, icyo gihe gusa ,INYOMBYA yo mw'Ijuru izumvikanisha indirimbo yayo inyuze amatwi."

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...

Ibyo umushakashatsi nyakuri akwiye gukora

Ubushize nibwo twababwiye ibijyanye n'inzira y'ubushakashatsi nyakuri. Reka na none dukomeze kurebera hamwe ibyo uwahisemo kujya mu bushakashatsi bw'inzira y'ukuri akwiye gukora. Agomba kandi kweza ibitekerezo bye ku buryo bidasigaramo agasigisigi na kamwe k'urukundo cyangwa k'urwango,kugira ngo urukundo rutamugusha mu ikosa, cyangwa urwango rukamucisha hirya y'ijuru.Ni bangahe , nk'uko ushobora kubyirebera kuri uyu munsi,ku bw'urukundo cyangwa ku bw'urwango,bibujije kwitegereza Uruhanga ruhoraho kandi baciye kure y'abagaragaza amayobera y'IMANA, bakazerera batagira kiyobora mu butayu bwo kuyoba n'amazinda. Niba hari icyo mwifuza kumenya kirenze mwaduhamagara cyangwa mukatwandikira kuri izi nimero zikurikira:  + 250 788590588,  + 250 788438300. Igihe ushaka kugira icyo uvuga ku nkuru umaze gusoma ujya ahagana hasi handitse "post a comment" E-mail yacu ni :  aslbahai.gisenyi@yahoo.fr Mukomeze kugira ibihe byiza aho muri hose.