Skip to main content

IBYANDITSE MU NYANDIKO ZA BAHA'U'LLAH

 

Ndahiye ubutabera bw'IMANA ! Isi n'ubwirasi bwayo ,n'ikuzo ryayo, n'ibyishimo byose ishobora gutanga, imbere y'IMANA , ibyo byose nta gaciro bifite kurusha ak'umukungugu n'umuyonga. Ibyo byose biragayitse kurushaho. Iyaba imitima y'abantu yashoboraga kubyumva !

Yemwe bantu ba BAHA, nimwisukure rwose imyanda yo mu isi n'ibyayo byose. IMANA ,ubwayo yambera umugabo, ibintu byo ku isi ntabwo bibakwiriye. Mubirekere rero ababyifuza ,maze muhange amaso yanyu kuri iri yerekwa rizira inenge kandi rishashagirana.

Ikibakwiriye ,ni urukundo rw'IMANA n'urw'Uwabaye ukwigaragaza kwa kamere yayo, kimwe no gukurikiraza ibyo yashatse kubategeka, niba mushobora kubimenya.

Vuga uti : Ubugororoke n'ikinyabupfura bibabere umutako . Ntimukambure ikanzu y'ubutabera n'i'y'ubworoherane, kugira ngo imibavu myiza y'ubutungane isendere ku bintu byose byaremwe iturutse mu mitima yanyu.vuga uti: Yemwe bantu ba BAHA, mwirinde kugendera mu mayira y'abafite ibikorwa bidahuje n'amagambo yabo. Mugerageze kuba abakwiye kugaragaza ibimenyetso by'Imana imbere y'abatuye Isi no kuba indorerwamo z'amategeko yayo,ibikorwa byanyu bibere abantu bose ubuyobozi,kuko imyifatire ya benshi mu bantu ,baba abo mu rwego rwo hejuru cyangwa mu rwego rwo hasi ,itandukanye rwose n'ibyo bigisha. Ibikorwa byanyu ni byo bizabatandukanya n'abandi. Maze uburabagirane bw'urumuri rwanyu niho ruzasesekarira ku isi.Hahirwa  umuntu ukurikiza Inama zanjye kandi agakomeza amategeko yatanzwe n'Umumenya Byose, Umushishozi byahebuje"


Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...