Skip to main content

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1


     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.

     Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.

     Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga  umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ry’ibyo Byanditswe.

     Ukwamamara kwa Ali Muhamadi biturutse ku bwenge budasanzwe n’ubushishozi butagereranywa, ibyo ntawabishidikanya . Ugusobanukirwa kwe mu byerekeye ibibazo by’ubutungane byari bihanitse cyane.Akiri ingimbi , Umwigisha we wari umuntu ujijutse cyane, yavuze ko Atari ngombwa  kumwigisha kuko yabonaga ari uguta igihe.

      Muri iryo joro ry’ikirangirire ryo mu kwezi kwa Gicurasi 1844, Ali Muhamadi yafashe izina rya BAB ( Irembo) kandi yerekana umwigisha we wa mbere ibimenyetso bigaraza urwego  rwe n’ubutumwa bwe.

   Naho mu gihe cy’imyaka itandatu, kubera imibereho ye, inyigisho ze n’Inyandiko ze yarangije imirimo ye ibiri: uwerekeye Intumwa y’Imana yahawe Ubutumwa, n’uwo kubaa Integuza y’indi Ntumwa y’Imana, yari itegerejwe.

   Ibyo bimaze gukwizwa na bamwe mu bigishwa be, abantu benshi baramwemeye, maze Abakuru b’idini ya Gisilamu baramurwanya.

    BAB yafashwe mu w’1846 ahita afungirwa I Shiraz kandi yamburwa n’ibyo yari atunze byose. Mu mwaka w’1847, afungirwa mu gihome cy’I Mah-ku ku mupaka wa Rusiya na Turikiya.

     Rukuruzi y’uwo muntu ukomeye yatumye umutegeka w’inzu y’imbohe acisha make kimwe n’abandi banyururu ubwabo ugasanga biyoroheje. Aho kugira ngo kwamamara kwe bitezuke, kwariyongereye.Ibyo bituma bamwimurira mu gihome cy’I Chihriq aho yabaye kuva muri 1848 kugeza muri 1850.

    Aho na none, Umuyobozi w’inzu y’imbohe ntabwo yashoboye kwihanganira ingufu z’ubutungane bwe kimwe n’abaturage babyiganiraga ku kibuga cy’uburoko kugira ngo bamutege amatwi.

    Ubutegetsi bw’u Buperusi bumaze kubura uko bubyifatamo, bumucira urwo gupfa.

   


Niba hari icyo mwifuza kumenya kirenze mwaduhamagara cyangwa mukatwandikira kuri izi nimero zikurikira: + 250 788590588, + 250 788438300.


Igihe ushaka kugira icyo uvuga ku nkuru umaze gusoma ujya ahagana hasi handitse "post a comment"
E-mail yacu ni : aslbahai.gisenyi@yahoo.fr
Mukomeze kugira ibihe byiza aho muri hose.

 

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...