Skip to main content

Posts

Showing posts from November, 2021

Ubuzima bwa ‘Abdu’l Bahá

 Mu ijoro ryo ku wa 22 Gicurasi 1844 habaye igihe kidasanzwe kandi cy’ingirakamaro mu mateka y’ikiremwamuntu. Mu mujyi wa Shiraz, Iran, Bab yatangaje intangiro y’idini rishya rizakwira ku isi hose. Saa sita za nijoro, n’ubundi muri iri joro, Muri Tehran havutse umwana. Bahá’u’lláh, mu rwego rwo guha icyubahiro se, yise umwana we ‘Abbás. Gusa nyuma uyu we yaje guhitamo kwitwa ‘Abdu’l-Bahá, bisobanuye “Umugaragu wa wa Bahá”. Mu buzima bwe yabaye intangarugero y’ibyo Bahá’u’lláh yari yarigishije. Abdu’l-Bahá  Mu bwana bwe yakuriye mu muryango wishimye kandi ubayeho neza gusa yagize ibikomere ku mutima ubwo yabonaga se atotezwa akanafungwa. Iki ni ighe abayoboke bose ba  Báb batotezwaga bazira ukwemera kwabo. Kandi se, Bahá’u’lláh, niwe wari ubahagarariye. Kubera ibi bizazane byose, mu Ukuboza 1852, Bahá’u’lláh ubwo yari afunguwe yarirukanwe nyuma ahungira i Baghdad n’umuryango we. Bahageze, mu misozi ya Kurdistan bahamaze imyaka ibiri, ‘Abdu’l-Bahá yafashe igihe gihagije cyo...

Ibyishimo ku isi kubera isabukuru ya Báb na Baháʼu'lláh

  https://www.bahai.org/

Ubuzima bwa Bahá’u’lláh

Mirza Husayn-‘Alí wamenyekanye mu mateka nka Bahá’u’lláh  yavukiye i Tehran, Iran ku wa 12 Ugushyingo 1817. Yavukiye mu muryango ukomeye ndetse mu bwana bwe yagaragaye nk’umwana ufite ubuhanga n’ubumenyi budasanzwe. Bitandukanye na se wabaga mu nzego za leta, we yahisemo gushyira imbaraga mu gufasha no kwita ku bakene. Ntabwo we yigeze agaragaza ubushake bwo kwinjira muri politike ngo agire imyanya y’icyubahiro. Nubwo atari yarigeze ahura na Bab, Mirza Husayn-‘Alí yumvise iby’inyigisho ze arangije yiyemeza kuzikurikiza ndetse aranazamamaza cyane. Tehran,Iran  Mu mwaka 1950, Bab amaze kwicirwa mu ruhame na bamwe mu bari abayoboke, cyabaye igihe ndetse na gihamya ko abari mu idini ya Kibaha’i bagombaga guhindukirira no gukurikira Bahá’u’lláh.Igisobanuro cy’iri zina Bahá’u’lláh ni “Icyubahiro cy’Imana”. Nk’uko Bab nawe yagiye atotezwa azira igikundiro yari afitiwe na Rubanda mu kwigisha ijambo ry’Imana, Bahá’u’lláh nawe niko byagenze ndetse igihe kinini yagiye afatwa agafungwa. I...

Ubuzima bwa Báb

Umwaka wa 1844 wabaye umwaka mwiza ku nyoko-muntu yose igihe habonekagaga ibyari byarasezeranyijwe kuva mu myaka ya kera. Umucuruzi wakomokaga i Perusi yatangaje itangira ry’urugendo rwe ajya i Shiraz. Aha habaye inkomoko y’igihe cy’ukwigaragaza kw’Imana kwari inzira yo guhindura ubuzima bwa roho ya mwene-muntu. Amazina ye ni Siyyid ‘Alí-Muhammad ndetse mu mateka azwi nka Báb. Iri ni izina ry’Icyarabu ugenekereje mu Kinyarwanda bivuze “Irembo”. Yavutse ku itariki 20 Ukwakira 1819 i Shiraz, Iran. Carmel,Haifa,Israel Hagati mu kinyejana cya 19, cyabaye igihe isi yose yari iri mu bihe bigoye mu mateka yayo. Hirya no hino hari harikuba impinduramatwara zitandukanye za   politike,imibanire n’ubukungu. Aha twavuga nko mu Burayi na Amerika ya Ruguru. Ubwo ibi byabaga ku ruhande rw’imyemerere , habonetse idini ry’ukuri   ryari ryarasezeranyijwe ndetse benshi barariyoboka. Ku itariki 22 Gicurasi 1844 nibwo Báb yageze i Shiraz. Aha   ngaha bwa mbere yahakiriwe n’umusore muto Mu...