Skip to main content

Ubuzima bwa Báb

Umwaka wa 1844 wabaye umwaka mwiza ku nyoko-muntu yose igihe habonekagaga ibyari byarasezeranyijwe kuva mu myaka ya kera. Umucuruzi wakomokaga i Perusi yatangaje itangira ry’urugendo rwe ajya i Shiraz. Aha habaye inkomoko y’igihe cy’ukwigaragaza kw’Imana kwari inzira yo guhindura ubuzima bwa roho ya mwene-muntu. Amazina ye ni Siyyid ‘Alí-Muhammad ndetse mu mateka azwi nka Báb. Iri ni izina ry’Icyarabu ugenekereje mu Kinyarwanda bivuze “Irembo”. Yavutse ku itariki 20 Ukwakira 1819 i Shiraz, Iran.

Carmel,Haifa,Israel

Hagati mu kinyejana cya 19, cyabaye igihe isi yose yari iri mu bihe bigoye mu mateka yayo. Hirya no hino hari harikuba impinduramatwara zitandukanye za  politike,imibanire n’ubukungu. Aha twavuga nko mu Burayi na Amerika ya Ruguru. Ubwo ibi byabaga ku ruhande rw’imyemerere , habonetse idini ry’ukuri  ryari ryarasezeranyijwe ndetse benshi barariyoboka.

Ku itariki 22 Gicurasi 1844 nibwo Báb yageze i Shiraz. Aha  ngaha bwa mbere yahakiriwe n’umusore muto Mulla Husayn. Bagiranye ibiganiro byinshi ndetse ku buryo Mulla yaje kuvumbura ko ukuri yari yarategereje kuva kera kumuri imbere.

 “Ni byiza kandi ni wowe muntu wa mbere ubimburiye abandi mu kunyizera! Ni ukuri ndakubwira ko ari njye Báb, Irembo ry’Imana… Roho Cumi n’umunane, ku ikubitiro, ni ngombwa zinyizera ku bushake bwazo, bakanyemera kandi bakazirikana ukuri kw’ihishurwa ryanjye.” Niko Báb yabwiye Mulla Husayn.

Inzu Bab yabayemo i Shiraz ubwo yatangazaga 
gahunda yamuzanye ku wa 23/5/1844.

Nyuma y’igihe gito yigisha abandi cumi na barindwi baramuyobotse ndetse batangira guhamya iby’inyigisho ze. Aba bigishwa be bazwi ku izina rya “ Inzandiko z’Ubuzima.”

Gahunda ya Bab kwari ugutegura no gutangaza ukuza kw’intumwa y’Imana yindi. Aha yahamirije inyoko-muntu ko uwo uzaza, Imana izamukoresha kugira ngo yuzuze ibyo izindi ntumwa zamubanjirije zigishije mu gihe cyashize ndetse anatangize igihe gishya cy’amahoro n’ubwiyunge ku isi hose.

Shofhi Effendi,Umurinzi w’Ukwemera kwa Kibaha’i , agaragaza gahunda ya Bab nk’uko Yohani Umubatiza yabanjirije Yesu Kristo agatangaza iby’ukuza kwe.

Báb uko yagendaga yigisha niko ubwamamare bwe bwagendaga bwiyongera ndetse biza no gutuma bamwe mu bayobozi bamwanga. Yafungiwe muri gereza nyinshi ariko hari n’ubwo byarangiraga abamutoteza babaye abigishwa be.

Mu mwaka 1850 Mirza Taqi Khan  yategetse ko Báb yicwa. Ubwo abasirikare bari baje kumufata yababwiye ko nta mbaraga na zimwe ku isi zizigera zimucecekesha kugeza ubwo azarangiza kuvuga ibyo akwiye kuvuga. Iki gihe hari ku itariki 9 Nyakanga.I Tabríz aho yagombaga kwicirwa , abasirikare 750 baramurashe ntiyapfa. Ubwo ivumbi ryari ryatewe n’amasasu ryari rishize, yagaragaye ari muzima ndetse n’imigozi yari imuziritse yari yacitse.

Itongo,Mah-ku aho Bab yafungiwe


Akiri muri gereza, yakomeje kwigisha byinshi mu byo yagombaga kuvuga mbere. Yahise asaba abari bamufunze kuza noneho bakamutwara bakamwica nk’uko bahoze babyifuza. Baramutwaye baramurasa arapfa.

IBINDI BYINSHI MWABISANGA AHA NGAHA

 https://www.bahai.org/the-bab/life-the-bab

 

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...