Skip to main content

Ubuzima bwa ‘Abdu’l Bahá

 Mu ijoro ryo ku wa 22 Gicurasi 1844 habaye igihe kidasanzwe kandi cy’ingirakamaro mu mateka y’ikiremwamuntu. Mu mujyi wa Shiraz, Iran, Bab yatangaje intangiro y’idini rishya rizakwira ku isi hose.

Saa sita za nijoro, n’ubundi muri iri joro, Muri Tehran havutse umwana. Bahá’u’lláh, mu rwego rwo guha icyubahiro se, yise umwana we ‘Abbás. Gusa nyuma uyu we yaje guhitamo kwitwa ‘Abdu’l-Bahá, bisobanuye “Umugaragu wa wa Bahá”. Mu buzima bwe yabaye intangarugero y’ibyo Bahá’u’lláh yari yarigishije.

Abdu’l-Bahá 

Mu bwana bwe yakuriye mu muryango wishimye kandi ubayeho neza gusa yagize ibikomere ku mutima ubwo yabonaga se atotezwa akanafungwa. Iki ni ighe abayoboke bose ba  Báb batotezwaga bazira ukwemera kwabo. Kandi se, Bahá’u’lláh, niwe wari ubahagarariye.

Kubera ibi bizazane byose, mu Ukuboza 1852, Bahá’u’lláh ubwo yari afunguwe yarirukanwe nyuma ahungira i Baghdad n’umuryango we. Bahageze, mu misozi ya Kurdistan bahamaze imyaka ibiri, ‘Abdu’l-Bahá yafashe igihe gihagije cyo gusoma no kumva inyandiko za Báb.

Mu myaka yakurikiyeho ‘Abdu’l-Bahá yabaye uhagarariye Bahá’u’lláh ndetse anaba Umunyamabanga we. Iki gihe niko ubwamamare bwe bwarushagaho kuzamuka muri rubanda rutuye impande zose z’isi. Ibi byaterwaga n’umutima mwiza yagiraga, kwigisha amahoro , guharanira ubutabera muri bose,urukundo n’ubumwe. Ndetse yanigishaga ko abantu bakwiye gukunda abanzi babo n’ababagirira nabi.

Abdu’l-Bahá yasezeweho n'abantu ibihumbi 10,000

Iki gikundiro cye igihe kimwe cyigeze gutuma umuvandimwe we, Mirza Muhammad ‘Alí, amutoteza kugira ngo amusimbure ku buyobozi. Iki gihe cyatumye abakurikira Ukwemera Bahá’í baca mu bihe bigoye gusa ntabwo byigeze bibuza ubwamamare bw’iri dini mu mpande zose z’isi.

Mu bihe bye bya nyuma ‘Abdu’l-Bahá yakomeje gushikama ku kwemera kwe no gukunda abo bahuje ukwemera n’ab’ahandi. Yapfuye ku itariki 28 Ugushyingo 1921. Umuhango wo kumusezeraho bwa nyuma witabiriwe n’abantu barenga ibihumbi icumi baturutse imihanda yose y’isi no mu madini atandukanye. Iki gihe yari afite imyaka 77. Ahambwe ku Musozi wa Carmel cyo kimwe na Báb.

KANDA HANO UMENYE BYINSHI KU BUZIMA BWA ‘Abdu’l-Bahá.

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...