Skip to main content

Posts

Showing posts from February, 2022

Chile House of Worship:Uburyo bwo kwagura imijyi ikungahaye

 SANTIAGO, Chile-Ni gute amahame nk’ay’ubutabera n’ubumwe yageza imijyi ku iterambere, kandi na none ni gute ibice by’imijyi minini byafasha abaturage babyo kugira uruhare mu ifatwa ry’ibyemezo? Ibi ni bimwe mu bibazo byagarutsweho n’abayobozi ba sosiyete sivile, abahagarariye umuryango w’Ababaha’i muri Chile, ndetse n’abandi bantu basanzwe. Ibi byabaye mu biganiro byari bifite insanganyamatsiko igira iti “ Kuva ku karengane n’ivangura biba mu muryango mugari w’abantu kugera ku buryo bushya bw’imijyi ituwe n’abantu.” Iki gikorwa cyabereye ku Nzu yo Kuramya y’Ababaha’i iherereye i Santiago. “ Gukomeza mu muryango mugari w’abantu wita ku byiza bisaba ibitekerezo by’iterambere – bimwe bishyigikira ituze n’amahoro mu buryo bwa roho n’umubiri mu bice byose by’ubuzima abantu babamo,” niko yavuze Veronica Oré, umuyobozi w’Inzu yo Kuramya iri i Santiago. Iki gikorwa na none cyaje gihurirana n’ikizwi nka “Open House Santiago,” ni gahunda imara icyumweru cyose mu mujyi aho abaturage bahurir...

BIC New York: Uburinganire bw’abagabo n’abagore igisubizo ku bibazo

Inyandiko nshya y’Umuryango Mpuzamahanga w’Ababaha’i i New York, igaragaza ko ihame ry’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore rikwiye kwimakazwa. Iyi nyandiko yerekana neza uburyo mu nzego z’imiyoborere zose ibi bikwiye gushyirwamo ingufu mu rwego rwo guhangana no guhashya ibibazo ikirere gifite. “Habayeho inshuro nyinshi mu gihe cy’icyorezo n’ibindi bihe biherutse by’ibiza bifatiye ku kirere, ubwo inyoko-muntu yose yerekanaga ubushozi ndetse bakanishyira hamwe. Ibi bihe icyo byerekanye ni uko umuco w’uburinganire watanze igisubizo gifatika,” niko uhagarariye BIC Saphira Rameshfar yavuze. Inama zinyuranye zakirwa n'Ababaha'i bavuga ku buringanire Iyi nyandiko ni kimwe mu bigize umusanzu wa BIC mu nama ya 66 itegurwa na komisiyo ya UN iharanira uburenganzira bw’abagore. Biteganyijwe ko iyi nama izaba mu kwezi kwa Werurwe. Iyi nama iba buri mwaka iba igamije guteza imbere uburinganire no kongerera umugore ubushobozi mu buryo bufatika,hanibandwa cyane cyane ku burenganzira bwe ku...

Ubwongereza: Ibiganiro bishya bigamije kwimakaza imikoranire y’idini n’itangazamakuru

London- Urukurikirane rw’ibiganiro byitwa “ Mu Kwemera Kwiza”, bizibanda ku bufatanye bw’idini n’itangazamakuru byatangijwe ku mugaragaro n’Ibiro Bikuru by’Ababaha’i bishinzwe Imibereho y’Abaturage mu Bwongereza. Ibi biganiro ni bimwe mu bintu bikomeye ibi Biro byahoze biharanira kugira ngo haganirwe uruhare itangazamakuru rifite ku muryango mugari. Mu myaka ishize ibi Biro byahurije hamwe abanyamakuru, abahagarariye sosiyete sivile ndetse n’abakuru b’imiryango y’ukwemera kugira ngo bababaze ibibazo binyuranye by’uko itangazamakuru ryagira uruhare rufatika mu guhindura abantu n’imyumvire bafite. Mu myaka ishize ibi Biro byahurije hamwe abanyamakuru, abahagarariye sosiyete sivile ndetse n’abakuru b’imiryango y’ukwemera “Turimo kurebera hamwe uko abanyamakuru benshi ndetse n’abandi bafite aho bahuriye n’itangazamakuru kandi banyuzwe n’ibiganiro byo gutanga ibitekerezo by’uko imikoranire y’idini n’itangazamakuru, yatezwa imbere mu buryo bwubaka,” Niko yavuze Sophie Gregory, uhagarariye Ib...

Uyu munsi mu mateka: Ku itariki 3 Gashyantare 1957

 Enoch Olinga  yageze ku Butaka Bwera, Umwirabura wa mbere ukomoka muri Afurika w’Umubahai wakoze uru rugendo rutagatifu. Enoch Olinga Enoch Olinga  yavutse ku itariki 24 Kamena 1926 apfa ku itariki 16 Nzeli 1979. Yakomokaga mu gihugu cya Uganda. Yabaye Umubaha’i ndetse anazenguruka ibihugu byinshi ku isi cyane cyane ibya Afurikawa, aho yabaga amenyekanisha iby’Ukwemera. Nyuma nibwo yagarutse mu gihugu cye cy’amavuko ubwo hari umutekano muke, bituma we n’umuryango we bicwa.