Skip to main content

BIC New York: Uburinganire bw’abagabo n’abagore igisubizo ku bibazo

Inyandiko nshya y’Umuryango Mpuzamahanga w’Ababaha’i i New York, igaragaza ko ihame ry’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore rikwiye kwimakazwa. Iyi nyandiko yerekana neza uburyo mu nzego z’imiyoborere zose ibi bikwiye gushyirwamo ingufu mu rwego rwo guhangana no guhashya ibibazo ikirere gifite. “Habayeho inshuro nyinshi mu gihe cy’icyorezo n’ibindi bihe biherutse by’ibiza bifatiye ku kirere, ubwo inyoko-muntu yose yerekanaga ubushozi ndetse bakanishyira hamwe. Ibi bihe icyo byerekanye ni uko umuco w’uburinganire watanze igisubizo gifatika,” niko uhagarariye BIC Saphira Rameshfar yavuze.
Inama zinyuranye zakirwa n'Ababaha'i bavuga ku buringanire



Iyi nyandiko ni kimwe mu bigize umusanzu wa BIC mu nama ya 66 itegurwa na komisiyo ya UN iharanira uburenganzira bw’abagore. Biteganyijwe ko iyi nama izaba mu kwezi kwa Werurwe. Iyi nama iba buri mwaka iba igamije guteza imbere uburinganire no kongerera umugore ubushobozi mu buryo bufatika,hanibandwa cyane cyane ku burenganzira bwe ku isi hose.

Ingero zifatika zitangwa n'Ababaha'i mu kuba intangarugero muri byose 


Yiswe “ Mutima w’Ukwemera” Ikibazo cy’ikirere nk’ingingo yakwitabwaho mu muco wo guteza imbere Uburinganire,” inyandiko ya BIC igaragaza byihariye uko bikenewe cyane ko abagore bagira uruhare mu buyobozi,ubukungu,uburezi ndetse n’umuryango mugari w’abantu,” aha haniyongeraho koi no nyandiko igira iti, “ biragaragara neza uburyo bigira umumaro munini iyo abantu bateje imbere ubuyobozi bw’abagore mu nzego zose.”
Iyi nyandiko irakomeza mu kindi gice : “ Kuzirikana ko ibitekerezo byinshi ari ingingo nziza mu gusesengura ingorane n’ibibazo by’umuryango muryango. Ibi ni ngombwa ko bitezwa imbere ahantu bigaragara ko kuva na mbere mu mateka yaho hagiye higarurirwa n’abagabo mu mirimo yabo. Aha abagabo baba bakwiye kwigishwa imikoranire myiza n’abagore muri byose.

Neza neza mu gihe cy’ibibazo, BIC igaragaza ko uba ari umwanya mwiza wo gufatanya mugakorera hamwe mwiga ibyo mukeka ko byaba ariyo ntandaro.

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...