Skip to main content

Chile House of Worship:Uburyo bwo kwagura imijyi ikungahaye

 SANTIAGO, Chile-Ni gute amahame nk’ay’ubutabera n’ubumwe yageza imijyi ku iterambere, kandi na none ni gute ibice by’imijyi minini byafasha abaturage babyo kugira uruhare mu ifatwa ry’ibyemezo?

Ibi ni bimwe mu bibazo byagarutsweho n’abayobozi ba sosiyete sivile, abahagarariye umuryango w’Ababaha’i muri Chile, ndetse n’abandi bantu basanzwe. Ibi byabaye mu biganiro byari bifite insanganyamatsiko igira iti “ Kuva ku karengane n’ivangura biba mu muryango mugari w’abantu kugera ku buryo bushya bw’imijyi ituwe n’abantu.” Iki gikorwa cyabereye ku Nzu yo Kuramya y’Ababaha’i iherereye i Santiago.

“ Gukomeza mu muryango mugari w’abantu wita ku byiza bisaba ibitekerezo by’iterambere – bimwe bishyigikira ituze n’amahoro mu buryo bwa roho n’umubiri mu bice byose by’ubuzima abantu babamo,” niko yavuze Veronica Oré, umuyobozi w’Inzu yo Kuramya iri i Santiago.

Iki gikorwa na none cyaje gihurirana n’ikizwi nka “Open House Santiago,” ni gahunda imara icyumweru cyose mu mujyi aho abaturage bahurira ahantu hatandukanye mu rwego rwo kuganira barebera hamwe uko imiterere y’umujyi n’ahandi , imyubakire yawo byagira uruhare mu mibereho myiza mu buzima bw’abahatuye.


Abitabiriye bagaragaje uko ihame ry’Ababaha’i ry’ibiganiro bihuriweho rishobora guteza imbere ireme ry’amahirwe rubanda rufite. Aha hanagarutsweho ukuzamura abantu b’ingeri zose mu buryo bungana nko kubona serivise za leta n’uburezi.

  Ibi biganiro byabereye ku Nzu yo Kuramya y'Ababaha'i i Santiago, Chile

“Amakimbirane menshi abaho bitewe n’ishyirwa mu bikorwa rya zimwe muri gahunda za politike usanga akenshi ritagendeye ku bitekerezo by’abo bizakorerwa banatuye hafi aho,” niko yavuze Mlynarz umuyobozi w’Ikigo cya Amerika y’Abalatini gishinzwe iterambere ry’icyaro.
Yongeyeho ati: “ Ni inshuro zingahe usanga abaturage bahamagarwa mu biganiro rusange gusa kugira ngo barebere hamwe ibyemezo byamaze gufatwa, kandi ugasanga ni ibintu byashyizweho n’abandi bantu bari kure y’aho ngaho bizakorerwa?”


Luis Sandoval uhagarariye Ibiro by’Ababaha’i bishinzwe Ibikorwa byo hanze , yavuze akamaro iyi Nzu yo Kuramya yagize kuva mu myaka myinshi ishize aho haba ibiganiro bidaheza, bigahuza inzego za leta , abayobozi b’imiryango y’ukwemera ndetse n’abandi baturage benshi mu rwego rwo kurebera no gusesengurira hamwe ibyabafasha kunga ubumwe muri byose.



“Urusengero n’aho ruherereye habaye ahantu h’ihuriro ry’abantu bashaka gukorera hamwe ngo bahindure umuryango mugari wabo mushya. Iyo baje hano hari byinshi bunguka. Aha bahavana amahirwe yo kungurana ibitekerezo ndetse no kugira ibyo bigira ku bantu bavuye imihanda yose batari barigeze bahura nabo kuva na mbere,” niko yavuze.
Sandoval yanasobanuye buryo ki Inzu yo Kuramya ifite uruhare rukomeye mu gutanga umusanzu wo guhindura umuryango mugari wa Chile.

“Abashyitsi babasha kubona byinshi bijyanye n’amahame ya serivisi zo no kuramya byagiye bitezwa imbere n’urusengero- Amahame anagendana cyane n’intego abaturage ba Chile baba barifuje kugeraho.”

 

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...