Skip to main content

1. Kwitaba umuhamagaro wa Bahá'u'lláh


Ese ni iki bisaba ? Gukunda abantu, kurema icyizere n’ubunyangamugayo kuri bose mu rwego rwo gukwirakwiza ubumwe bwa muntu mu isi yose, gufasha, kugerwaho n’urukundo rw’Imana, kumenya Imana n’igituma umuntu aba mwiza. »— ‘Abdu'l-Bahá
Ingingo y’ibanze y’inyigisho bahá’í igaragaza ko kuvugurura indangagaciro za roho no gukorera abantu ari ibintu bibiri iteka bidashobora gutandukana mu buzima . Ni mu nyandiko yanditswe n’umunyamabanga we,Shoghi Effendi :

«Ntidushobora gutandukanya umutima w’umuntu n’ibimukikije byo hanze hanyuma tuvuge ko igihe kimwe muri byo kizahinduka, ibintu byose bizamera neza. Umuntu nawe ubwe ari mu bigize isi. Ubuzima bwe bw’imbere buri mu bigize ibimukikije kandi na none bugira uko bubayeho bitewe n’ibi muri hafi bimukikije.Mbese kimwe gikorera mu kindi kandi impinduka irambye mu buzima bwa muntu ikomoka kuri urwo ruhurirane.»

Ni muri iyo ntumbero usanga ababahá’í bashyira imbere cyane izo ntego mfatizo uko ari ebyiri mu buzima bwabo : Kwita ku mikurire ya roho, ubumenyi no kugira uruhare mu guhindura umuryango mugari babarizwamo.


Haifa, Israel

Izo ntego uko ari ebyiri zifafasha  ababahá’í gusobanukirwa ibyo bakwiye gukora mu nzego zose. Urugero, ntabwo batumirwa mu masengesho gusa no gutanga ibitekerezo mu buzima bwabo bwa buri munsi, ahubwo na none baba bakwiye gushyira imbaraga mu kubiba roho y’urukundo mu baturanyi babo. Ikindi kandi ntabwo basabwa gukaza no gusobanukirwa ubumenyi bw’idini ku giti cyabo gusa, ahubwo baba bakwiye no gusangiza abandi inyigisho bahá’í. Ntabwo basabwa gusa kwirinda ukwikunda mu buzima bwabo, ahubwo banasabwa gukora, umurava no kwiyoroshya mu rwego rwo guhindura imiterere y’umuco bityo bikimakaza umunezero no gukomeza neza inkingi z ‘ubumwe.

2.            Ubuzima bwa roho


« Hashimwe Imana, Umutima wawe ushime Imana, roho yawe inezezwe n’inkuru nziza kandi usenge.Uburyo bwo gusenga nibwo niyo mahame meza… » — ‘Abdu'l-Bahá

Gukora no gusenga ni iby’ibanze mu bigenga ubuzima bw’umuryango ababahá’íbari gushyiramo imbaraga kugira ngo bishingize imizi mu isi yose. Byongeye kandi, izi ni ingingo zidashobora gutandukana mu guteza imbere ubuzima bw’umuryango. 'Abdu’l-Bahá yaranditse ati : ‘’ Gutera imbere n’ubutunzi biva mu bikorwa no kuramya byose byerekeza ku gukorera no gusenga Imana.

Gusenga bifite uruhare rudashidikanywaho mu buzima bahá’i , haba ku muntu ku giti cye, mu muryango ndetse no ku rwego rw’inteko. Ku manywa, ababahá’i baharira imitima yabo amasengesho y’Imana mu rwego rwo gusaba ubufasha bwayo, gusaba mu mwanya w’abo bakunda, kugira ngo bayihe amashimwe, kongera gushaka inama. Byongeye kandi, amahuriro y’abasesenguza aho usanga inshuti zahuye kugira ngo zitangize umushinga, zitangiza kandi zikanasozanya amasengesho igihe cyose.
Akenshi ababahá’í bategura, amahuriro aho usanga hari inshuti zabo , ababahá’í cyangwa se abatari ababahá’í, barahura bagasenga. Ayo mahuro y’amasengesho agira uruhare mu gukangura amarangamutima ya roho ku baba bayitabiriye ndetse ibi binajyana n’ibikorwa bishyirwa mu ngiro , bikageza ku buzima bw’umuryango bwuzuye roho y’urukundo kandi bwibanda ku ntego yo kugera ku butunzi bufatika n’ubwa roho.

Inteko ya Mashriqu’l-Adhkar igaragaza ko ubwo bumwe bw’isengesho no gukora. Imiterere igizwe n’inyubako yo hagati , aha hafatwa nk’ahantu hibanze habera amasengesho ndetse n’andi mazu yagenewe uburezi, kuvuriramo ndetse n’ibindi bikorwa bigamije iterambere ry’umuryango mugari. Nubwo uyu munsi Abamashriqu’l-Adhkar ari bake mu isi, imbuto z’ibyo batangije zigera mu miryango yose ndetse buri bantu bazasarura  inyungu z’izi mbuto m ugihe cy’ahazaza.


3.            Ubuzima bw’umuryango n’abana

«Niba urukundo n’ubwumvikane bigaragaye mu muryango, uwo muryango uzatera imbere ndetse ugaragaremo umucyo na roho… »— ‘Abdu'l-Bahá

Ubumwe bw’umuryango niryo zingiro ry’ibanze mu muryango wa muntu. Ibi bitanga imiterere y’ibanze mu iterambere ry’indangagaciro n’ububasha bwo guhimbaza. Biturutse ku mikorere iboneye n’iterambere ku ifatizo ry’urukundo ruhuza abantu bawo, umuryango niwo umenyekanisha icyo gitekerezo kirambye mu kuri aho ukubaho neza kwa muntu kuba gufatiye ku iterambere ndetse no kubaho neza kw’abandi.

Akamaro k’ibanze k’umuryango ni uburezi bw’abana kugira ngo bashobore kumva neza inshingano bafite kugira ngo bakure mu bya roho ndetse no kugira uruhare mu iterambere. ‘Abdu'l-Bahá Yemeza ko nyina  na se w’umwana bafite inshingano  « zo[…] guha uburezi umwana w’umukobwa n’umuhungu » n’ababyeyi b’ababahá’í  bafite inshingano z’ibanze mu burezi bw’abana babo, ntibagomba kwibagirwa umukoro wabo muri uru rwego. Ariko uburezi bw’abana ntibureba ababyeyi gusa.  Umuryango mugari nawo uba ufite uruhare runini ukwiye kubigiramo. Umuryango bahá’í cyane cyane iki ni ikibazo uba ukwiye kugiramo uruhare rufatika. Ndetse n’amashuri yigisha iby’imigenzereze na roho by’abana, yakira bose , ibi biri mu by’ibanze ababahá’í  bashyira aho babarizwa.
Urubyiruko

«Nubwo ibikorwa bitandukanye byababaho, ubushake bwo guharanira impinduka zubaka n’ububasha bwo gukora neza, ibi bimenyetso bibiri by’urwego rw’ubuzima mucamo, ntabwo biheje ku bwoko cyangwa se ubwenegihugu runaka, kandi ntabwo bigendera ku butunzi runaka. Byose bigize ikigero cy’ubusore mwese mufite kandi muhuriyeho, gusa kimara igihe gito kandi hari izindi mbaraga nyinshi z’imiryango ziza zikakigiraho uruhare. Ni ingenzi, kwihatira kubigiramo uruhare, nk’uko ‘Abdu’l-Bahá, yabivuze « bakuye inyungu mu gihe bari ku isi. »— Inzu Nsanganyasi y’Ubutabera.


Mu mateka bahá’i urubyiruko rwagize uruhare rufatika. Báb we ubwe yari afite imyaka makumyabiri n’itanu ubwo yatangaza iby’ubutumwa bwe ndetse na benshi mu ntumwa ze bari urubyiruko ubwo bemeraga iby’umuhamagaro we. Mu bihe bya Bahá’u’lláh na  ‘Abdu'l-Bahá, urubyiruko nirwo rwari imbere cyane mu gutangaza ubutumwa bwiza bw’ukwemera gushya ndetse bakanakwirakwiza izo nyigisho.


Bigendeye ku rugero rwabo  n’urw’abandi bantu badasanzwe bafunguye inzira, urubyiruko bahá’í rwagiye ruhaguruka muri buri gisekuru kugira ngo bitabe umuhamagaro wa Bahá’u’lláh. Ibyo bakora biba biyobowe n’abayobozi b’ukwemera kw’ababahá’i. Uyu munsi Inzu Nsanganyasi y’Ubutabera ihamagarira urubyiruko bahá’i kubyaza umusaruro ubuzima n’umunezero biboneka mu myaka yabo kugira ngo batange umusanzu ukwiye mu iterambere rya roho n’umubiri.

Inama n’umurava byatanzwe n’Inzu Nsanganyasi ni byinshi,nk’uko igisubizo cy’urubyiruko bahá’i muri iki gihe n’ibikorwa bakoze bigenda bihinduka kugira ngo bigaragazwe aha ngaha. Amapaji yo muri urwo rwego yibanda ku rugero rumwe : Uruhererekane rw’inama  zabayeho ahantu 114 ku isi hose mu mwaka wa 2013, kuva zatangazwa zagiye zikurikirwa n’inama ntoya nyinshi cyane.

5.            Ubushobozi bw’inteko

« Mu gihe inteko z’Ukwemera zifite uburambe…ziba zishobora gutanga ubufasha,ibikoresho ndetse n’inama zikwiye mu byemezo runaka kandi biboneye, aha izi nteko ziba zishobora kugenzurana hagati yazo mu mahoro n’ituze ndetse n’abandi bantu zikorera, ndetse no guha ubushobozi abantu n’amatsinda mu rwego rwo guhindura umuryango mugari. »— Inzu Nsanganyasi y’Ubutabera.


Iterambere rirambye ry’inzego z’ubuyobozi bw’umuryango bahá’i n’ivugurura ry’impinduka zabwo ni ibyiciro biba byiharirye biba byitaweho by’umwihariko kuva ukwemera bahá’i kwabaho. Iyi ngingo ivugwa mu buryo burambuye mu cyegeranyo kivuga ku nzego z’ubuyobozi bahá’i , l’Ordre administratif bahá’i.

Imbaraga ababahá’i bashyira mu kuvugurura ububasha bw’inteko ndetse n’uburyo baba bitaye ku iterambere ry’inzego z’ubuyobozi ntabwo biba bigamije gusa kongerera ababahá’i ubushobozi bwo gucunga neza ibikorwa byabo. Ababahá’i bo babona muri iryo terambere umusanzu ukomeye kandi wa ngombwa mu ihame rishya ry’umuryango nk’uko byagaragajwe na Bahá’u’lláh ndetse n’uburyo bushya bwa muntu bwo gukora ibikorwa bye bya politike, umuryango n’umuco.


6.            Inshingano mu buzima bw’umuryango

«Ni hamwe n’ibitekerezo mu buryo bwa roho usanga ababahá’í bakorana, mu byo batunze, n’umubare wiyongera w’ibikorwa, ibigo, amatsinda n’abantu,bagatangiza imikoranire iba igamije guhindura umuryango ndetse no guteza imbere ubumwe, guteza imbere imibereho myiza ya muntu no kugira uruhare mu bumwe bw’isi. »— Inzu Nsanganyasi y’Ubutabera.

Bahá’u’lláh Agira inama abigishwa be : «Mwite cyane ku bintu nkenerwa mu gihe murimo kandi ibiganiro byanyu byibande ku byo bibasaba . »

Ndetse mu isi nzima, ababahá’í-umwe cyangwa mu matsinda- baharanira kugira icyo bakora mu buzima bw’umuryango, bakorana mu buryo bwa hafi  n’amatsinda atandukanye kugira ngo haboneke iterambere mu buryo bufatika n’ubwa roho.

Aha hari ibyiciro bibiri by’ibikorwa byuzuzanya. Igikorwa cy’umuryango gitondagura neza uruhurirane rw’ibikorwa,akenshi ibigo aho bikorera biba bifite intego yo kugira uruhare mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage n’imitungo yabo. Mu buryo bufatika , ababahá’í bakora uko bashoboye  kugira ngo batange umusanzu  w’umutungo rusange mu cyiciro cy’ibitekerezo aho bagaragara mu mbwirwaruhame z’umuryango. Ibi nibyo ababahá’í baheraho biyumvamo gusangiza ibitekerezo baba barakuye mu nyigisho bahá’í ahantu no mu miryango itandukanye. Inteko z’imbere mu gihugu zihuza ibikorwa n’umuhate by ‘ababahá’í aho banagaragara mu biganiro bishingiye ku ngingo z’iterambere rya rubanda mu gihe ku rwego mpuzamahanga Umuryango mpuzamahanga bahá’i  ugaragazwa mu nzira nyinshi ku isi , aho uba ushishikajwe cyane n’ibibazo nk’iby’uburinganire bw’umugore n’umugabo n’iterambere rirambye.

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...