Skip to main content

Posts

Showing posts from July, 2020

UBUHANUZI

Ibihungabanya isi biturutse ku madini no ku mibanire y’abantu. “…Isi iri mu kaga gakomeye kandi ubujiji bukabije bwiganje mu mitima y’abayituye…” “…Mu by’ukuri mvuze ko: kudakabya ni ngombwa mu bintu byose, kurenza urugero niho ibibi byose bituruka.Murebe uko amajyambere y’iburengerazuba yahindutse isoko y’iterabwoba mu bantu! Igikoresho cy’ubugome cyagiye kiboneka buhoro buhoro, none hadutse ubugome bukabije,busenya ubuzima ku buryo amaso n’amatwi bitigeze byumva cyangwa ngo bibone ibintu nk’ibyo…” “…Amajyambere atuzanira ibyiza iyo atarengeje urugero naho iyo yarurengeje ahinduka isoko y’ibibi byinshi…Umunsi uregereje ubwo ayo majyambere azatwika imijyi yose yo ku isi…” “Abantu bazinangira mu bugome kugeza ryari? Imiyaga y’ubwihebe irahuhira mu byerekezo byose, kandi amahane atandukanya kandi ababaza abantu ariyongera buri munsi.Ubu ibintu bimeze nabi cyane kandi ibimenyetso by’imvururu n’impagarara bishobora kugaragara…” “…Ubu isi iri ku gise. Umubabaro wiyonge...

AMASENGESHO YA BAHA'I: UKURINDWA

Habw’ikuzo Nyagasani Mana yanjye! Ndakwinginze, mu bicu by’inema yawe isendereye ,manura umuvu uzasukura imitima y’abagaragu bawe igishobora cyose kubabuza kwitegereza Uruhanga rwawe no kuguhindukirira, kugira ngo bose bashobore kwemera Uwabahaye ubuzima, Umuremyi wabo. Kubw’imbaraga z’ububasha bwawe, bafashe rero Mana, kugera mu mibereho yabaha gutandukanya   bitabagoye impumuro mbi n’imibavu y’umwambaro w’Uwitwa Izina ryawe ry’ikuzo kandi ryashyizwe hejuru cyane,kugira ngo bashobore kukwerekezaho urukundo rwabo rwose no gusogongera ku gusangira nawe kuzuye ku buryo, niyo bahabwa ibyiza byose by’isi n’ijuru, babona ko bidakwiriye kubyitaho kandi bange icyababuza kukwambaza no kwamamaza urwibutso rwawe. Uwo nkunda cyane, Cyifuzo cy’umutima wanjye,ndakwinginze,umugaragu washatse Uruhanga rwawe, murinde imyambi y’abakwihakanye n’amacumu y’abahakanye Ukuri kwawe. Muhe rero kukwitangira byuzuye,gutangaza izina ryawe no kugumisha amaso ye ku ruhimbi rw’Ukwigaragaza kwawe...

Inama za ABDU’L-BAHA

Mu gihe cy’ibindi bibazo,ABDU’L-BAHA yatanze inama muri aya magambo: “Mu munsi nk’uyu,ubwo amakuba n’ibigeragezo byari byugarije isi,ubwoba n’umushyitsi bitigisa isi,mukwiye kugira ugukomera no gushikama kandi mufite mu maso hanezerewe,nk’uko mu bushake bw’Imana, umwijima w’ubwoba n’ibyikango bishobora gukurwaho iteka, n’urumuri rurabagirana rw’icyizere rugasesekara ku isi. Isi iri ahantu ikeneye cyane icyizere ndetse n’ubushobozi butangwa n’imyemerere. Nshuti bakundwa, hashize igihe kinini mubana mu matsinda y’imyizerere afite indangagaciro zikenewe muri iki gihe nka: ubumwe no kwiyumvanamo, ubumenyi no gusobanukirwa, umuco wo gusengera hamwe no guhuza imbaraga.  Byongeye kandi, twagezweho n’uburyo umuhati wo gukomeza ziriya ndangagaciro byakomeje imiryango, nubwo hari ibintu byagiye bikoma mu nkokora imigendekere myiza y’ibikorwa byazo. Nubwo bagerageje guhangana n’ibibazo bishya, abizera bagiye bishakamo ibisubizo bagashaka uburyo bukomeza ubushuti bwabo no guhumurizanya...

AMASENGESHO YA BAHA'I: IMBABAZI

Nyagasani! Wowe Nyagasani Nyirimbabazi! Uri Ubuhungiro bw’abagaragu bawe bose. Uzi amabanga kandi ubona ibintu byose. Twese turi abanyantege nke nyamara Wowe uri Nyirububasha, Ushobora byose. Twese turi abanyabyaha kandi Uli Ubabarira abanyabyaha, Nyirimpuhwe, Nyiribambe. Nyagasani wikwita ku ngeso mbi zacu. Tugirire ukurikije inema yawe n’ubugwaneza bwawe. Ingeso mbi zacu ni nyinshi,ariko inyanja y’imbabazi zawe ntigira iherezo, intege nke zacu zirahimbye ariko ibimenyetso by’ubutabazi bwawe ntibishidikanywa.Dukomeze rero kandi udutere imbaraga.Duhe gukora igikwiranye n’irembo ryawe ryera.Murikira imitima yacu,amaso yacu uyahe kubona neza n’amatwi uyahe kumva neza,kiza abarwayi kandi uzure abapfuye. Abakene bakungahaze kandi abatinya ubahe amahoro n’umutekano. Twemere mu bwami bwawe. Tumurikishirize urumuri rw’Ubuyobozi. Uri Nyirububasha kandi Uri Nyirubushobozi,Uri Umunyabuntu! Nyiribambe! Umugwaneza!