Skip to main content

UBUHANUZI


Ibihungabanya isi biturutse ku madini no ku mibanire y’abantu.

“…Isi iri mu kaga gakomeye kandi ubujiji bukabije bwiganje mu mitima y’abayituye…”

“…Mu by’ukuri mvuze ko: kudakabya ni ngombwa mu bintu byose, kurenza urugero niho ibibi byose bituruka.Murebe uko amajyambere y’iburengerazuba yahindutse isoko y’iterabwoba mu bantu! Igikoresho cy’ubugome cyagiye kiboneka buhoro buhoro, none hadutse ubugome bukabije,busenya ubuzima ku buryo amaso n’amatwi bitigeze byumva cyangwa ngo bibone ibintu nk’ibyo…”

“…Amajyambere atuzanira ibyiza iyo atarengeje urugero naho iyo yarurengeje ahinduka isoko y’ibibi byinshi…Umunsi uregereje ubwo ayo majyambere azatwika imijyi yose yo ku isi…”
“Abantu bazinangira mu bugome kugeza ryari? Imiyaga y’ubwihebe irahuhira mu byerekezo byose, kandi amahane atandukanya kandi ababaza abantu ariyongera buri munsi.Ubu ibintu bimeze nabi cyane kandi ibimenyetso by’imvururu n’impagarara bishobora kugaragara…”

“…Ubu isi iri ku gise. Umubabaro wiyongera buri munsi. Yahindukiriye ubuhakanyi n’uburiganya. Izagumya yinangire mu buriganya bwayo, ariko igihe cyagenwe nikigera uwo mwanya hazaza ikintu kizahindisha abantu bose umushyitsi…”

“…Yemwe abatuye isi, mumenye ko icyago gitunguye kibariho kandi ko igihano gikomeye kibategereje. Ntimwibwire ko ibikorwa byanyu bishobora gusibangana imbere yanjye.Ibikorwa byanyu byose byanditse ku mabuye y’isarabwayi…”

“…Yemwe bantu! Twabageneye igihe ntarengwa. Icyo gihe nikigera mutariyemeza kugarukira Imana,ukuboko kwayo kuzabaremerera maze imibabaro myinshi ibagote mu mpande zose…”

BAHA’U’LLAH


Niba hari icyo mwifuza kumenya kirenze mwaduhamagara cyangwa mukatwandikira kuri izi nimero zikurikira: + 250 788590588, + 250 788438300.

Igihe ushaka kugira icyo uvuga ku nkuru umaze gusoma ujya ahagana hasi handitse "post a comment"
E-mail yacu ni : aslbahai.gisenyi@yahoo.fr
Mukomeze kugira ibihe byiza aho muri hose.

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...