Skip to main content

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 2

Bamukuye mu gasho bari bamujugunyemo i Tabriz , iyo mbohe yavugaga ko “ Nta bubasha na bumwe bwo ku isi bwayibuza kuvuga mbere y’uko aha umunyamabanga we inyigisho ze zose”. Hano niho habaye igitangaza. Yari amanitse ku mugozi kugira ngo araswe, bamurasa urufaya rw’amasasu 750.Ariko BAB ntiyapfa.Nta n’ubwo yanakomeretse. Uretse ko umugozi wacitse. Icyo gitangaza si Ababaha’i bagihamije gusa, ahubwo cyanabonywe n’imbaga y’abantu ibihumbi icumi barebaga icyo gihano.



    Kubera ko abarinzi bari bumiwe kubera ibyo bamaze kubona, bagombye kongera gushaka undi mutwe w’abasirikare kuko umutwe wa mbere wari wanze kongera kurasa, ibyo byatumye BABA ashobora kurangiza nta nkomyi ikiganiro yagiranaga n’umwigishwa we.

     Bongeye kumujyana aho yagombaga kurasirwa, nibwo bamurashe ahita apfa. Hari ku itariki 9 Nyakanga 1850,ahagana saa sita.Mu gihe yigishaga na nyuma y’aho,abamwemeye bahowe Imana, barenze ibihumbi makumyabiri: abagabo, abagore n’abana.


   Nubwo nta gihe gihagije yari afite, Bab ntiyabuze gukora umurimo ukomeye cyane.Umwuka w’Imana wamuteraga imbaraga nyinshi,kandi ukamwongerera ubushobozi, kuko mu minsi ibiri n’amajoro abiriyashoboye kwandika igitabo cy’ibibazo by’ubutungane kingana na Korowani,kandi Muhamedi yarayihishuye mu myaka 23.Inyandiko ze zirimo amasengesho, amabaruwa, ibitabo, ibisingizo,inyandiko zerekeye ubumenyi,ibisobanuro, ariko cyane cyane kuvuga “ Uwo Imana yendaga kugaragaza mu bantu”.Uwo yagombaga kuza hashize imyaka cumi n’icyenda nyuma y’ukwigaragaza kwa Bab.

    “Uwo Imana yari igiye kugaragaza”, ari we Mirza Husayn Ali Nuri yiyerekanye ku mugaragaro mu gihe cy’iminsi 12, kuva ku itariki ya 21 Mata kugeza ku ya 2  Gicurasi 1863 i Bagidadi.

Yavukiye i Teherani kandi se yari Minisitiri. Nta handi yigeze yiga uretse ko yigishijwe na se.

Kuva aho Bab yigaragarije, Mirza Husayn Ali Nuri yahise amwemera kandi kubera ko yari umubabi, yafunzwe amezi ane muri kasho yo mu kuzimu aho yari yarabohewe hamwe n’abagome n’ibisambo. Yarekuwe kugira ngo yamburwe ibyo yari atunzeno kugira ngo acibwe bwa mbere ajye mu gihugu cya Iraki. Iyo iba intangiriro y’umubabaro muremure wagombaga kumara imyaka mirongo ine.


INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJEKANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

 

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...