Skip to main content

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 3

 

N’ubwo yari afite imibereho y’inyangamugayo n’iyo gukunda Imana,ukwamamara kwe byatumye agirirwa ishyari , urwango . Kubera ko yifuzaga ko bishira, yigiriye inama yo kuzimira nta we abibwiye,amara imyaka ibiri yose ajya kwiherera ku misozi ya Kurudisitani ,nta nzu n’amafaranga yo kumutunga.

Inshuti ze n’abayoboke b’idini rye bamaze igihe kinini bamushaka, bamubonye abemerera kugaruka i Bagidadi . Mu gihe cy’imyaka irindwi , yateye inkunga abayoboke ba Bab ndetse n’Abayisilamu , Abayahudi , Abakirisitu n’Abazorowasitiri. Kubera icyubahiro n’urukundo bari bamufitiye,abanzi be baramurakariye cyane. Bagerageje kenshi kumwirukana no kumwica ariko birapfuba. Ibirego bamuregaga ku bategetsi b’u Buperusi, aregwa ko ashaka kugandishiriza ubutegetsi bw’igihugu, byatumye bamwirukana bamucira kure cyane, i Konsitantinopuli. Mu gihe cyo kuva i Bagidadi niho yahishuye urwego rwe n’Ubutumwa bwe. Icyo gihe yafashe izina rya BAHAU’LLAH risobanura “Ikuzo ry’Imana”.

Mu murwa mukuru wa Turikiya, ibigeragezo byinshi n’inzara byari bimutegereje, kimwe n’imitsindo myinshi mu rwego rw’Ubutungane. Amaze amezi ane ahageze, umwami yongera kumuca. Mbere yo kujya aho bari bamaze kumucira hitwa Andrinopuli, yoherereje Umwami Abdu’l Aziz urwandiko rwe ruvuga ko ari Intumwa y’Imana. Icyo gikorwa cyagize akamaro kanini kubera ko Umwami Atari umugenga w’ubutaka gusa ahubwo yari umukuru w’idini ry’Abayisilamu b’Abasuni, Igisonga cy’Umuhanuzi Muhamadi.

Yamaze imyaka ine Andrinopuli , n’ubwo yahagiriye ibyago byinshi ntiyahwemaga gukora.

Mu ruhande rumwe, abazaga kumureba aho yabaga bariyongeraga bitavugwa, naho mu rundi ruhande yahishuraga amabango matagatifu, ku buryo abanditsi be batashoboraga kugendana ngo bayandukure yose. Umwe muri abo banditsi be yandukuraga amabango 2.000 buri munsi hashize amezi 6 cyangwa 7 bityo yandika ibitabo bigeze kuri makumyabiri.

Andrinopuli ni ho yoherereje ibaruwa Abami bose.N’abandi bantu bakomeye babonye iyo baruwa Ye,Abahanga cyane,ba Minisitiri, Abakuru b’Amadini – muri iyo baruwa ye, yabasabaga kureba neza ishingiro ry’itangazo rye, no gufatanya kugira ngo habaheho ubumwe n’ubwumvikane mu bantu byashobora gutsinda ibitekerezo bibi by’urwikekwe no gukurikiza imihanngo yak era.

Uwo murimo n’uko kumvirwa byatumye abanzi barushaho kumwanga. Babigiranye imbaraga n’ubugome bukabije, bagerageje kurwanya ubwamamare bw’Umuhanuzi no kubuzimanganya. Bagerageje kumuroga inshuro eshatu. Inyandiko ze bazihinduye ukundi, basebya Ababaha’i babavuga nabi,babica urubozo,baranabafunga.



Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...