Skip to main content

Ibyo wamenya ku gisibo cy'Ababahá'í

“O Mana yanjye, iyi niyo minsi ya mbere mu minsi washyizeho ngo abakwemera bayikurikize mu Gisibo. Ndabasaba mwe ubwanyu ndetse nawe ubwe wasibye ku bw’urukundo rwanyu ndetse n’umunezero wanyu ukwiye – atari ku giti cye cyangwa ubushake , atari ku bwo gutinya umujinya – ndetse ku bw’amazina ahebuje n’indangagaciro zikomeye, k u kweza abagaragu bawe urukundo ruhebuje uretse wowe no kubegereza hafi y’aho kukuramya huje urumuri rwo mu maso hawe ndetse n’inteko y’ubumwe Bwawe. Murikira imitima yabo, O Mana yanjye, hamwe n’urumuri rw’ubumenyi bwawe kandi bonesha mu maso habo  n’urumuri rw’izuba rirasa riturutse ku mpera z’isi y’ububasha Bwawe. Ushoboye gukora ibikunezeza. Nta yindi Mana uretse Wowe, icyubahiro cyose ni icyawe, n’ubufasha bwose busabwa n’abantu ni Ubwawe.

Bafashe Mana, guhamya Ubutsinzi bwawe ndetse no kuzamura Ijambo ryawe. Bareke bababare, hanyuma, babe ibiganza by’Ukwemera kwawe hagati mu bagaragu Bawe, ubagire abaguhamya Idini ryawe ndetse n’Ibikuranga kandi bagusingize bafite ibimenyetso n’ibihamya. Ni ukuri uri Umunyabuntu, Urahebuje, Umunyabubasha, Ushoborabyose, n’Umunyampuhwe.” Bahá’u’lláh

___________________________________________________________________________________

Uku niko 'Abdu'l-Bahá, umuyobozi w’Ukwemera kwa Kibahá'í kuva mu mwaka 1892  kugeza 1921, yagaragaje byinshi ku gisibo gikorwa n’Ababahá'í. Mu myaka myinshi yashize , igisibo cyabaye kimwe mu bintu by’ingenzi mu myemerere y’amadini. Byagiye bikorwa mu buryo butandukanye, bitewe n’imico y’idini runaka, gusa amahame yacyo yo yagumye ari amwe. Imico yose yashyizeho, mu by’ukuri, agaciro kanini ku ngingo y’ugusiba. Ku ruhande rw’Ababahá'í igisibo cyabo kimara iminsi cumi n’icyenda, kuva tariki 2 Werurwe kugera 20. Mu ngengabihe ya Kibahá'í , iki gihe kiba gihwanye n’ukwezi kwa 'Álá, ukwezi kwa nyuma k’umwaka. Muri iki gihe , Ababahá'í bose baba bakwiye kwigomwa ibyo kurya no kunywa uretse abagore batwite cyangwa abaganga b’abagore, abana, abasaza n’abakecuru, abarwayi, abafashe ingendo cyangwa bafite akazi kabasaba kugakora bahari imbonankubone kuva babyutse kugeza izuba rirenze. Kureka ibyo kurya ni ikintu cyiza igihe uri mu gisibo, ariko ikiri hejuru ya byose ni ukurushaho kwimenyereza iby’ukwemera. “ Hari ubwoko bubiri butandukanye bw’igisibo, igisibo cyo ku mubiri n’icyo mu kwemera,” niko yanditse 'Abdu'l-Bahá. “ Igisibo gishingiye ku mubiri gishingiye ku kwibuza ibyo kurya no kunywa, ibyo ni ukwigomwa ukwifuza kw’umubiri, bivuze ko : umuntu yirinda ubugugu no kwikunda, akirinda kwirengagiza […]. Ibi bisonuye ko igisibo cyo ku mubiri ari ikimenyetso cy’igisibo gikorwa mu buryo bw’imyemerere.

___________________________________________________________________________________

Niba hari icyo mwifuza kumenya kirenze, mwahamagara cyangwa mukandika kuri izi nimero zikurikira: + 250 788590588, + 250 788438300.
E-mail : aslbahai.gisenyi@yahoo.fr Mukomeze kugira ibihe byiza aho muri hose.

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...