Skip to main content

Posts

Showing posts from December, 2019

Ibyo Ababahá’í bizera

  4. Imibanire mfatizo « Igitekerezo cy’ibanze kiyobora ukwizera kw’Imana n’itorero ryayo ni ukubungabunga inyungu za mwene muntu, guteza imbere ubumwe bwe, gukuza umwuka w’urukundo n’ubucuti mu bantu. »— Bahá’u’lláh Kwimakaza ihame ry’ubumwe bwa muntu na none ni intego y’ihishura rya Bahá’u’lláh ndetse n’ihame rye ry’ibanze. Bahá’u’lláh yagereranyije isi y’abantu n’umubiri wa mwene muntu. Mu mubiri , uturemangingo twinshi, duteye kandi tukanakora mu buryo butandukanye , dukora dushaka kugira ngo habeho imikorere itunganye. Ni nako bimeze mu mibanire myiza hagati y’abantu , imiryango n’ibigo bikorera umuryango mugari w’abantu ndetse bikanakora bigamije kubafasha mu iterambere ryabo. Kuri uyu munsi, tubayeho mu gihe kimwe cy’amateka yacu. Mu gihe mwene muntu agaragara kuva mu bwana bwe kugeza mu bukuru bwe bukomatanyije, igikwiye ni imyumvire mishya y’isano y’ibiri ku isi hagati y’umuntu, umuryango n’ibigo by’umuryango mugari wa mwene muntu irushaho kwiganza. Imyizerere...

Ibyo Ababahá’í bizera

Mu myizerere y’ Ababahá’í twagiye tuvuga zimwe mu ngingo z’ibanze ishingiyeho. Kuri uyu munsi turavuga iya gatatu muri eshanu twababwiye kubagezaho. 3.Imana n’Ibyo yaremye « Nta kintu na kimwe cyaremwe kiri mu isanzure kitazwi n’Imana…»— Bahá’u’lláh    Inyandiko bahá’í zisobanura ko ukuri kw’Imana kuruta cyane igisobanuro cya roho ipfa nubwo dushobora gushaka inyito ziranga buri kintu cyaremwe. Uko imyaka yagiye ishira, Imana yagiye yohereza intumwa zayo, mu rwego rwo guhamya Ibimenyetso by’Imana, kwigisha no kuyobora ikiremwa muntu, gukangura ububasha buri mu bantu bose butuma bageraku iterambere riri ku rwego rutigeze rubaho na mbere. Ihishurwa : Imana,umuremyi w’isi, izi byose, yuzuye urukundo n’imbabazi.  Nk’uko urumuri rw’izuba rumurika ku isi yose, niko urumuri rw’Imana rukwira kuri buri kiremwa. Binyuze mu nyandiko zigisha Ibiranga Imana- harimo  Abraham, Krishna, Zoroastre, Moïse, Bouddha, Jésus-Christ, Mahomet n’abandi ba vuba,  Bá...

Ibyo Ababahá’i bizera

Ubushize twavuze ingingo imwe muri eshanu   mfatizo zishingiye ku myizerere y’Ababahá’i. Ingingo ya mbere yari   Bahá’u’lláh n’Ubumwe Bumukomokaho. 2. Ubuzima na Roho «Nimuramuka munyoye igitonyanga nibura kimwe cy’urume rwera cy’ubumenyi bukomoka ku Mana,nibwo muzamenya byoroshye ko ubuzima bw’ukuri atari ubw’umubiri, ahubwo ko ari ubwa roho. .»— Bahá’u’lláh Ihishura rya Bahá’u’lláh ryemeza ko intego y’ubuzima bwacu ari ukumenya Imana ndetse no kuba mu bwiza bwe. Ikituranga cy’ukuri ni roho y’ubwenge idufasha kuyobora no gusobanukirwa, ikaduhindura bityo natwe tugahindura umuryango mugari tubarizwamo. Gukorera Imana n’abantu neza bitanga igisobanuro cy’ubuzima kandi bigategura roho gukomeza urugendo rwayo kugeza ubwo izaba itandukanye n’umubiri igiye ku muremyi wayo. Roho y’umuntu : Buri muntu agira roho nzima kandi idapfa. Iyi ibaho ku isi mu gihe runaka mbere yo kujya kubaho iteka iri iruhande rw’Imana. Intego y’ubuzima bwacu ni ugutera imbere mu mwuk...

Ibyo Ababahá’i bizera

Hose ku isi imyizerere ya Ki bahá’i ishingiye ku ngingo eshanu. Izi ngingo zose tuzajyatuzibasobanurira imwe ku yindi. Reka uyu munsi duhere ku ya mbere ariyo  Bahá'u'lláh n’Ubumwe bumukomokaho. 1.          Bahá'u'lláh n’Ubumwe bumukomokaho. Ukwizera kwa Ki bahá’i kwatangiye mu mwaka 1844 hamwe na gahunda yari yaravuzwe n’Imana binyuze mu Ntumwa zayo ebyiri Báb na Bahá'u'lláh.Kugeza ubu imiterere yihariye y’ Ubumwe bw’Imyizerere batangije bukomoka ku nyandiko z’ukuri zatanzwe na Bahá'u'lláh,zashimangiye uguhoraho k’ugushaka kwe, na nyuma yo gupfa kwe. Urwo ruhererekane, rwitwa Ubumwe, rwabayeho kuva kuri Bahá'u'lláh we ubwe kugeza ku muhunguwe‘Abdu'l-Bahá n’umwuzukuruweShoghi Effendi,busoreza ku N zu Nsanganyasi  y’Ubutabera  yatangijwe na Bahá'u'lláh. Umubahá’i wese yemera ubuyobozi bukomoka ku Mana bwa Báb n’abamukurikiye. Báb  (1819-1850) niwe watangije ukwemera kwa  Kibahá’i. Hagati mu kinyejana cya 1...

Mu mashusho : Umuhango wo kwizihiza Isabukuru y'Imyaka 200 Báb amaze avutse

B áb we ubwe ni Intumwa y'Imana ndetse irizina rye risobanura irembo. Uyu yabayeho mu gihe ibyo yigishaga ibyagombaga kuzuzwa na Bah á'u'llah. Ni ukuvuga ko yabayeho ariko ategura ukuza kwa  Bah á'u'llah. UKU NIKO MU KARERE KA RUBAVU BYARI BIMEZE