Skip to main content

Ibyo Ababahá’í bizera

  4. Imibanire mfatizo

« Igitekerezo cy’ibanze kiyobora ukwizera kw’Imana n’itorero ryayo ni ukubungabunga inyungu za mwene muntu, guteza imbere ubumwe bwe, gukuza umwuka w’urukundo n’ubucuti mu bantu. »— Bahá’u’lláh

Kwimakaza ihame ry’ubumwe bwa muntu na none ni intego y’ihishura rya Bahá’u’lláh ndetse n’ihame rye ry’ibanze. Bahá’u’lláh yagereranyije isi y’abantu n’umubiri wa mwene muntu. Mu mubiri , uturemangingo twinshi, duteye kandi tukanakora mu buryo butandukanye , dukora dushaka kugira ngo habeho imikorere itunganye. Ni nako bimeze mu mibanire myiza hagati y’abantu , imiryango n’ibigo bikorera umuryango mugari w’abantu ndetse bikanakora bigamije kubafasha mu iterambere ryabo.
Kuri uyu munsi, tubayeho mu gihe kimwe cy’amateka yacu. Mu gihe mwene muntu agaragara kuva mu bwana bwe kugeza mu bukuru bwe bukomatanyije, igikwiye ni imyumvire mishya y’isano y’ibiri ku isi hagati y’umuntu, umuryango n’ibigo by’umuryango mugari wa mwene muntu irushaho kwiganza.
Imyizerere y’uko turi umuryango umwe wa muntu niyo iza imbere mu byo Ababahá’i bemera Ihame ry’ubumwe bwa muntu ni  « ni ishingiro ry’inyigisho za Bahá’u’lláh… »
Ibikorwa by’umuryango mugari bahá’i biyoborwa mu buryo bw’ibigo, buri kimwe kiba gifite  ibyo gikora byihariye. Inkomoko y’iyi gahunda, izwi nka « Inzego z’Ubuyobozi»,ndetse n’amahame aziyobora mu mikorere aboneka mu nyandiko za Bahá’u’lláh.

5. Amahoro y’isi


Inyandiko bahá’í zigaragaramo ibisobanura amahoro y’isi– intego nyamukuru ya muntu – ndetse n’ibisobanuro by’amahame y’imiryango migari y’abantu ayo mahoro ashingiyeho.
Muri ayo mahame, twavuga ubushakashatsi bwigenga bw’ukuri, ubumwe bw’abantu ari naryo hame mfatizo mu myizerere y’Ababahá’i, gukuraho guca imanza zo gukeka, ibyiza bigomba kuba hagati y’idini na siyansi, uburinganire hagati y’abagabo n’abagore, amababa abiri azafasha inyoni ya mwenemuntu kuguruka, uburezi bwa ngombwa, gushyiraho ururimi rw’ibanze ruhuza abari mu isi, gukuraho ubukire ndetse n’ubukene bukabije, ikigo cy’isi gishinzwe gukemura amakimbirane hagati y’ibihugu, kwemeza ko ubutabera ariryo hame ry’ibanze mu bikorwa bya muntu. Ababahá’í ntibafata aya mahame nk’ayoroshye cyangwa yabayeho ku bw’impanuka ; aya mahame afatwa nk’ay’inkingi ya mwamba mu nyungu za hafi za muntu, imiryango ndetse n’ibigo.
Haifa


Mu kwezi kwa Ukwakira 1985, Inzu Nsanganyasi y’Ubutabera yasohoye inyandiko igenewe ikoraniro ryose ry’abantu yari ifite insanganyamatsiko ku mahoro y’isi, yari ifite umutwe ugira uti Isezerano ry’amahoro y’isi. Ihagaragaza impamvu zose zisobanura neza icyizere cy’umuryango bahá’i mu hazaza h’amahoro mpuzamahanga nk’ukubaho kw’ahazaza k’urwego rw’iterambere ry’umuryango mugari w’abantu : « Amahoro aganje ahumekwa n’abantu b’ubushake bwiza uko ibinyejana bizagenda bisimburana, abahanuzi n’abasizi baduha intumbero kuva mu bisekuru byinshi ndetse n’ibitabo byera bya muntu  byagiye  bigaragara ko byifitemo isezerano, ryigaragaza kugeza ku iherezo ry’isi. Bwa mbere mu mateka y’isi, byashobotse ko umuntu yitegereza maze akabona umubumbe w’isi wose, n’abantu bawuriho batagira ingano. Amahoro y’isi arashoboka kandi ni ndakumirwa . »

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...