Skip to main content

Ibyo Ababahá’i bizera


Ubushize twavuze ingingo imwe muri eshanu  mfatizo zishingiye ku myizerere y’Ababahá’i. Ingingo ya mbere yari  Bahá’u’lláh n’Ubumwe Bumukomokaho.

2. Ubuzima na Roho

«Nimuramuka munyoye igitonyanga nibura kimwe cy’urume rwera cy’ubumenyi bukomoka ku Mana,nibwo muzamenya byoroshye ko ubuzima bw’ukuri atari ubw’umubiri, ahubwo ko ari ubwa roho. .»— Bahá’u’lláh

Ihishura rya Bahá’u’lláh ryemeza ko intego y’ubuzima bwacu ari ukumenya Imana ndetse no kuba mu bwiza bwe. Ikituranga cy’ukuri ni roho y’ubwenge idufasha kuyobora no gusobanukirwa, ikaduhindura bityo natwe tugahindura umuryango mugari tubarizwamo. Gukorera Imana n’abantu neza bitanga igisobanuro cy’ubuzima kandi bigategura roho gukomeza urugendo rwayo kugeza ubwo izaba itandukanye n’umubiri igiye ku muremyi wayo.


Roho y’umuntu : Buri muntu agira roho nzima kandi idapfa. Iyi ibaho ku isi mu gihe runaka mbere yo kujya kubaho iteka iri iruhande rw’Imana. Intego y’ubuzima bwacu ni ugutera imbere mu mwuka tunafasha abavandimwe bacu. Iyo bibaye, tugira ibyo Imana ishaka kandi bikwiriye mu buzima bw’ahazaza.

Kuramya : Ibikorwa byo kuramya nko gusenga, gusiba(kwiyiriza ubusa), urugendo rutagatifu no kwitangira abandi ubakorera bikora igice gihamye cy’ubuzima bwa roho. Hamwe n’ibyo bikorwa byose, abantu n’imiryango babarizwamo bashobora gukomeza mu buryo buhoraho urukundo rumwe ruri hagati y’Imana na mwenemuntu.

Ubuzima buva ku neza : Nk’uko intego ya buji ari ugutanga urumuri, roho y’umuntu nayo yaremewe gutanga ineza. Tugera ku ntego yacu neza mu buzima hamwe no kwicisha bugufi no kugira impuhwe, gutanga igihe cyacu, imbaraga zacu, ubumenyi n’ibyo dutunze.

Imico n’Imyitwarire : Kubiba indangagaciro za roho muri ino si ntibijya kure yo kwicisha bugufi guhoraho mu myitwarire yacu aho ibikorwa bibaho mu buryo buhoraho ndetse bikanazana ubukire n’ukunyurwa gukwiriye buri kiremwa. Hari indangagaciro za roho zitagerwaho mu gihe ugitsimbaraye ku kwikunda, zitera imbere iyo uhisemo gukorera no gufasha abandi.

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...