Hose ku isi imyizerere ya Kibahá’i ishingiye ku ngingo eshanu.
Izi ngingo zose tuzajyatuzibasobanurira imwe ku yindi.
Reka uyu munsi duhere ku ya mbere ariyo Bahá'u'lláh n’Ubumwe bumukomokaho.
1. Bahá'u'lláh n’Ubumwe bumukomokaho.
Ukwizera kwa Kibahá’i kwatangiye
mu mwaka 1844 hamwe na gahunda yari yaravuzwe n’Imana binyuze mu Ntumwa zayo ebyiri Báb
na Bahá'u'lláh.Kugeza ubu imiterere yihariye y’
Ubumwe bw’Imyizerere batangije bukomoka ku nyandiko z’ukuri zatanzwe na Bahá'u'lláh,zashimangiye uguhoraho k’ugushaka kwe,
na nyuma yo gupfa kwe. Urwo ruhererekane, rwitwa Ubumwe,
rwabayeho kuva kuri Bahá'u'lláh we ubwe kugeza ku muhunguwe‘Abdu'l-Bahá n’umwuzukuruweShoghi
Effendi,busoreza ku Nzu Nsanganyasi y’Ubutabera yatangijwe na Bahá'u'lláh.
Umubahá’i wese yemera ubuyobozi bukomoka ku
Mana bwa Báb n’abamukurikiye.
Báb (1819-1850) niwe watangije ukwemera kwa Kibahá’i. Hagati mu kinyejana cya 19
( neza neza ku wa 23 Gicurasi 1844), yatangaje ko ari Intumwa
y’Imana yatumwe guhindura ubuzima bwa roho bwa muntu.Yari afite gahunda yo gutegura ukuza kw’indi Ntumwa ya kabiri
y’Imana, yari afite ububasha bwisumbuye ku bwe,
yari itegerejweho gufungura igihe cy’amahoro n’ubutabera.
Kuva ku itariki 29 kugeza 30 Ukwakira 2019,
Ababahá’í bo ku isi hose n’umunezero mwinshi bijihije isabukuru y’imyaka 200 Báb amaze avutse.
Bahá'u'lláh (1817-1892) -« Icyubahiro cy’Imana »-
niwe wari warasezeranyijwe na Báb ndetse n’izindi ntumwa z’Imana zabayeho kera. Bahá'u'lláh yazaniye mwene-muntu inyigisho nshya zikomoka ku
Mana. Imirongo ,inzandiko ndetse n’ibitabo byinshi bikomoka ku byo yanditse. Mu
Nyandiko ze, yasobanuye uko iterambere ry’isi rishingiye ku ngano y’ubuzima bwa muntu mu
buryo bwa roho ndetse n’uburyo bugaragara. Ku bw’ibyo yababajwe igihe kingana
n’imyaka mirongo ine ari mu buroko ndetse aza no guhunga.
Mu kwezi kwa Ukwakira 2017
,Ababá’í bo ku isi bose n’umunezero mwinshi bijihije isabukuru y’imyaka 200 Bahá'u'lláh yari amaze avutse.
![]() |
Abdu'l-Bahá (1844-1921) |
Mu murage we, Bahá'u'lláh yatoranyije umuhungu wew’imfura,
‘Abdu'l-Bahá (1844-1921),nk’umusemuzi
w ‘inyigisho ze ndetse nk’umuyobozi w’umuryango wa bahá’i. Kuva mu
Burasirazuba kugeza mu Burengerazuba bw’isi‘Abdu'l-Bahá yamenyekanye cyane nk’uharanira amahoro,
nk’umuntu w’intangarugero ndetse nk’inkingi ya mwamba y’idini rishya.
Byongeye kandi ,hari Shoghi Effendi (1897-1957).
Uyu yatoranyijwe na ‘Abdu'l-Bahá nk’Umurinzi w’ ukwizera kwa Kibahá’i, Shoghi
Effendi, imfura mu buzukuru be, yamaze imyaka mirongo itatu n’itandatu aharanira mu
buryo buhamye iterambere,
yongera ugusobanukirwa ndetse anakomeza ubumwe bw’umuryango wa kibahá’i uko wagendaga ukura ndetse unakwira
mu moko yose ya muntu.
Nyuma na
nyuma , ni Inzu Nsanganyasi y’Ubutabera .
Yabayeho kuva mu mwaka 1963. Uyu munsi iterambere ry’ukwizera kw’Ababahá’i ku isi kuyobowe
n’Inzu y’Ubutabera. Mu Gitabo cye cy’amategeko, Bahá'u'lláh asaba ko iyi Nzu
y’Ubutabera guharanira impinduka nziza mu mibereho myiza ya muntu,
guteza imbere uburezi. Amahoro n’ubukire bw ‘isi ndetse no kubungabunga icyubahiro cy ‘ikiremwamuntu n’umwanya w’idini.
Comments
Post a Comment