Skip to main content

Ibyo Ababahá’í bizera

Mu myizerere y’ Ababahá’í twagiye tuvuga zimwe mu ngingo z’ibanze ishingiyeho. Kuri uyu munsi turavuga iya gatatu muri eshanu twababwiye kubagezaho.

3.Imana n’Ibyo yaremye


« Nta kintu na kimwe cyaremwe kiri mu isanzure kitazwi n’Imana…»— Bahá’u’lláh   


Inyandiko bahá’í zisobanura ko ukuri kw’Imana kuruta cyane igisobanuro cya roho ipfa nubwo dushobora gushaka inyito ziranga buri kintu cyaremwe. Uko imyaka yagiye ishira, Imana yagiye yohereza intumwa zayo, mu rwego rwo guhamya Ibimenyetso by’Imana, kwigisha no kuyobora ikiremwa muntu, gukangura ububasha buri mu bantu bose butuma bageraku iterambere riri ku rwego rutigeze rubaho na mbere.

Ihishurwa : Imana,umuremyi w’isi, izi byose, yuzuye urukundo n’imbabazi.  Nk’uko urumuri rw’izuba rumurika ku isi yose, niko urumuri rw’Imana rukwira kuri buri kiremwa. Binyuze mu nyandiko zigisha Ibiranga Imana- harimo  Abraham, Krishna, Zoroastre, Moïse, Bouddha, Jésus-Christ, Mahomet n’abandi ba vuba,  Báb na Bahá’u’lláh – ubushobozi bwa roho, ubwenge n’imigenzereze bwa muntu bwateye imbere.                                                                                                                           

Isi : Ubwiza, ubukire n’ibintu bitandukanye biri ku isi byose ni ibigaragaza ibimenyetso by’Imana. Ibi nibyo bidutera kubaha isi n’ibiyiriho. Mwene muntu afite ubushobozi bwo gukoresha n’ibiyiriho icyo ashaka, akanabungabunga umutungo ukomeye w’uyu mubumbe, niwe ufite inshingano zo gukoresha umutungo kamere mu rwego rwo kubungabunga ubwiza no kugira uruhare mu iterambere.


Iterambere mu buryo buhoraho : Nyuma yo kuva ku ntera y’ubwana n’ubugimbi, mwene muntu ubu ageze ku rwego rw’ubukure bukomatanyije aho buzarangwa n’ukwiyunga kw’amoko yose ya muntu agamije iterambere rimwe ry’isi. Intumbero y’iryo terambere ishingiye na none ku ngano ya roho n’uburyo bufatika, ibi bigaragaza ko  uburyo bwa roho n’ibikorwa by’ubuzima bitera imbere mu mahoro iyo biri kumwe.

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...