Skip to main content

Posts

Showing posts from April, 2020

AMAJYAMBERE Y’ISI YOSE: KUREKA KWISHISHA ABANDI MU BINTU BYOSE.

“Ikintu cy’ingenzi mu byo twaguhishuriye ni Ubutabera. Butuma umuntu yibohora ku miziririzo no ku rwiganwa, yarebesheje amaso y’ubumwe, akimenyera igikorwa cy’Imana gikwiye cy’Ikuzo kandi ijisho rye rishishoza rigacengera ibintu byose…” “…Kwishisha abandi mu buryo ubwo ari bwo bwose, bwaba ubushingiye ku madini, amoko, ibihugu cyangwa politike, bisenya kamere-muntu kandi binyuranyije n’amategeko y’Imana… Kwishishanya mu byerekeye amoko n’ibihugu bitandukanya abantu, kandi nta shingiro bifite, kuko abantu bose ari abana ba Adamu, bagize umuryango umwe…”. “…Nidukomeza kwishishanya tuzitesha ukuri maze duhere mu bujiji. Imirwano hagati y’amadini, ibihugu, n’amoko bikomoka ku bwumvikane buke.Nidusuzuma amadini kugira tumenye amahame ashingiyeho tuzasanga ahuje kuko icyo agaragaza ni kimwe…” “…Bose bagomba kureka urwikekwe maze bakajya mu Kiliziya no mu misigiti kuko hose muri izo nsengero, bavuga Izina ry’Ishobora Byose. Ko bose baterana kugira ngo basenge Imana, itandu...

AMAJYAMBERE Y’ISI YOSE: IDINI RIGOMBA KUTANYURANYA N’UBUHANGA N’UBUMENYI

“…Ubumenyi ni kimwe mu byiza twahawe n’Imana… Impano y’ikirenga kuva kera ni ubwenge kndi izahoraho. Kubera ubwenge ,urwego rw’umuntu ruboneka neza. Ni bwo muhanga wa mbere n’umwigisha wa mbere mu ishuri ry’ukubaho, ni bwo muyobozi n’umutegetsi wo mu rwego rw’ikirenga…” “… Ubumenyi ni nk’amababa y’ubuzima; ni nk’urwego tuzamukiraho. Kugira ubwenge ni ngombwa kuri twese. Mu by’ukuri, ubukungu nyakuri bw’umuntu ni ubumenyi…”. BAHA’U’LLAH “… Igihe amadini n’ibitekerezo binyuranyije n’ubumenyi, ni ukuvuga ko ayo madini ari imiziririzo n’ibihimbano by’abantu; Kuko igiciye ukubiri no kumenya ni ubujiji, kandi ubujiji bukurura imiziririzo…” “… Idini n’ubumenyi birajyana kandi idini inyuranyije n’ubumenyi iba itari mu kuri…” “Kamere-muntu ntibasha kugurukisha ibaba rimwe. Nigerageza kugurukisha ibaba ry’idini gusa izagwa mu cyondo cy’imiziririzo; Naho nigerageza kugurukisha ibaba ry’ubumenyi gusa, izagwa mu nzarwe y’ubwihebe bwo gukunda iby’isi…” “…Igihe idini izaba...

AMAJYAMBERE Y’ISI YOSE: IDINI NIRIBE ISOKO Y’UBUMWE BW’ABANTU

“Uburyo bukomeye cyane bwategetswe na Nyagasani buzaba umuti udahinyuka uzavura indwara z’isi yose ni ubwiyunge bw’amoko yose mu Idini rusange, Ukwemera kumwe…” “…Yemwe bantu mutuye isi! Idini y’Imana igamije urukundo n’ubumwe, mwigira idini intandaro y’urwango n’amahane… Twizeye ko abantu ba Baha (Abemezi ba Baha’u’llah) bazahora biyambaza ijambo ritunganye: “ Nimurebe, ibintu byose biva ku Mana…”. Ku bw’iryo jambo ryonyine amadini azagera ku rumuri rw’ubumwe nyakuri…”. “ Muri iki gihe ishingiro ry’Ukwemera kw’Imana n’Idini ryayo bikubiye mu kwemera kw’iri hame, ubwinshi bw’amadini n’ibyo ayo madini yigisha ntibigomba na rimwe kubera abantu impamvu y’ukutumvikana…” BAHA’U’LLAH “ Idini rigomba guhuza imitima yose no guhashya intambara n’ubwumvikane buke ku isi, rigatuma abantu bagira ubutungane, gutanga ubuzima no kumurikira buri muntu. Niba idini rihindutse is ô ko y’ukutumvikana, urwango no gutana, byaba byiza ko iryo dini ritabaho; kuva muri iyo dini cyaba igikor...

AMAJYAMBERE Y’ISI YOSE: GUSHAKA NTA GAHATO AHO UKURI GUHEREREYE

“…Iyo umushakashatsi nyakuri ageze mu nzira yerekeza ku Mukuru w’ibihe, mbere ya byose agomba kubanza gusukura umutima we, ari wo cyicaro cy’ihishura ry’amayobera y’Imana-akawukuramo umukungugu w’ubumenyi bw’abantu n’amoshya ya Shitani…”. “…Umubande wa mbere ni uw’ubushakashatsi aho bagendera ku igare ry’ukwihanganakuko iyo atihanganye, umugenzi ntaho ashobora kugera kandi n’icyo yifuza ntiyabasha kukigeraho. Umugenzi ntagomba kurambirwa, nubwo hashira imyaka ibihumbi ijana atarabona uburanga bw’inshuti ye, ntagomba kwiheba… kuko abashaka kutubona bagomba kureka kuba ba nta mwete bagakorana umuhati…Ndetse bagomba kwirinda gukurikiza imihango ya ba se na ba sekuru maze bakugarira amarembo y’ubucuti n’ay’urwango ku batuye isi bose… Umushakashatsi nyakuri nta kindi agamije uretse kubona icyo ashaka… Ariko abasha kugera kuri iyo ntera iyo aretse byose, ni ukuvuga ibyo yabonye n’amaso,yateze amatwi n’ibyo azi neza. Agomba gukorana umwete muri ubwo bushakashatsi.Hagomba ubudaco...

AMAJYAMBERE Y’ISI YOSE:UBUMWE BW’ABANTU

“…Mwese muri imbuto z’igiti kimwe,amababi y’ishami rimwe. Ikuzo si iry’ukunda igihugu cye, ahubwo ni iry’ukunda abantu bose…” “…Nyirimpuhwe, ari we Mwami wanyu, yifuza ko ubwoko-muntu bwaba umutima umwe n’umubiri umwe…” “…Icy’umwihariko w’iri Hishura ry’ikirenga ni uko , mu gice kimwe, twasibye impapuro z’Igitabo Gitagatifu cy’Imana zanditseho icyatumaga abana b’abantu batumvikana, bakaryana kandi mu kindi gice, twashyizeho amabwiriza y’ibanze atuma ubwumvikane bwuzuye urukundo n’ubumwe budashira bigerwaho…” BAHA’U’LLAH “…Muri iki gihe , hazaba ihinduka ry’ibintu ridasanzwe mu mateka. Kugeza ubu abantu bari bakimeze nk’abana, ariko ubu bagiye kuba bakuru…” “…Ihame risumba ayandi y’ubugeni bw’Imana ni ubumwe mu bantu, umushumi uhuza Iburasirazuba n’Iburengerazuba, injishi z’urukundo zihuza imitima y’abantu…” “…Muri iri Hishura ry’agatangaza, muri iri sekuruza ry’agahebuzo, ishingiro ry’Ukwemera kw’Imana ni imiterere y’ingenzi y’Itegeko Ryayo ni ukwiyumvisha ...