Skip to main content

AMAJYAMBERE Y’ISI YOSE: GUSHAKA NTA GAHATO AHO UKURI GUHEREREYE


“…Iyo umushakashatsi nyakuri ageze mu nzira yerekeza ku Mukuru w’ibihe, mbere ya byose agomba kubanza gusukura umutima we, ari wo cyicaro cy’ihishura ry’amayobera y’Imana-akawukuramo umukungugu w’ubumenyi bw’abantu n’amoshya ya Shitani…”.

“…Umubande wa mbere ni uw’ubushakashatsi aho bagendera ku igare ry’ukwihanganakuko iyo atihanganye, umugenzi ntaho ashobora kugera kandi n’icyo yifuza ntiyabasha kukigeraho. Umugenzi ntagomba kurambirwa, nubwo hashira imyaka ibihumbi ijana atarabona uburanga bw’inshuti ye, ntagomba kwiheba… kuko abashaka kutubona bagomba kureka kuba ba nta mwete bagakorana umuhati…Ndetse bagomba kwirinda gukurikiza imihango ya ba se na ba sekuru maze bakugarira amarembo y’ubucuti n’ay’urwango ku batuye isi bose… Umushakashatsi nyakuri nta kindi agamije uretse kubona icyo ashaka…

Ariko abasha kugera kuri iyo ntera iyo aretse byose, ni ukuvuga ibyo yabonye n’amaso,yateze amatwi n’ibyo azi neza.
Agomba gukorana umwete muri ubwo bushakashatsi.Hagomba ubudacogora kugira ngo asogongere ku buki bwo kwifatanya n’Imana. Utangiye urwo rugendo…azashakira ubwiza bw’inshuti muri buri mugenzi, muri buri gihugu, azayibaririza atirengagije inteko n’imwe, na buri shyirahamwe ry’abantu…”
BAHA’ULLAH.
“Buri wese asabwe kureka amadini y’imiziririzo, imico-karande n’urwiganwa rushingiye ku bujiji n’imihango y’abakurambere,ahubwo akiga ku giti cye aho ukuri gushingiye, kubera ko ukuri ari kumwe, amadini yose n’amahanga yose bizahinduka kimwe kubera gushakisha uko kuri…”
“Kugira ngo tugere ku kuri, tugomba kwikuramo urwikekwe, ibitekerezo byacu bwite… Kwibwira ko turi mu kuri naho abandi bakaba barayobye ni wo mutego mubi cyane watubuza kugera mu nzira y’ubumwe. Kandi ubumwe nibwo bw’ibanze kugira ngo tubashe kugera ku kuri, kuko ukuri ari kumwe gusa… Nta kuri kunyuranyije n’ukundi… Ntimukishishanye.
Muzamenya niba urumuri rw’Imana rwaramurikiye muri Yezu Kirisitu, ni nako rwamurikiye muri Musa, muri Budha, no mu bandi. Dore icyo gushaka ukuri bivuga…”
ABDUL’L-BAHA

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...