Mu karere ka Rubavu kuri iki cyumweru tariki 22 Gicurasi 2022 habereye igiterane cy’ abagore baturutse mu madini atandukanye. Insanganyamatsiko yari “Uruhare rw’ umutegarugori mu kubaka umuryango mugari ubereye”. Abitabiriye bose banyuzwe n’ ibiganiro byatanzwe n’ uko babigizemo uruhare.
![]() |
Abagore bitabiriye igiterane |
Nyirabasabose Priscilla Balumbi yavuze ko igihe kinini umutegarugori aba ari kumwe n’ umwana bityo ko bafite uruhare rufatika mu buzima bwabo.
“Umugore atwita mu gihe kingana n’ amezi icyenda ndetse na nyuma yo kubyara abana n’ umwana igihe kinini. Bityo rero iyo umubyeyi afite ubumenyi buhagije, aha umwana uburere bwa ngombwa mu gihe amurera. Niko Nyirabasabose yatangaje, gusa mu gukomeza avuga ku ruhare rw’ abategarugori mu iterambere, yongeyeho ati: “Abagore hari impano bifitemo udashobora gusangana abagabo zirimo nko kugira impuhwe, urukundo, ukwitanga n’ imbabazi.”
Abaturage bitabiriye iki giterane bahamije ko kiziye igihe kuko ibyo bigiyemo byose bikenewe n’ inyokomuntu yose muri iki gihe turimo.
Rwamasasu Kaziga na Seraphina Ugirase bavuga ko ibyo bize bigiye gutuma bamenya uko bitwara bityo bakaba basanga aya mahugurwa yazashyikirizwa n’ abandi hirya no hino kuko ari ingenzi.
Nk’ uko biri mu mahame yabo kugira ubumwe bw’ abantu n’ amadini, Ababaha’ i baha ikaze buri muntu batagendeye aho ava ndetse banaha umwanya umuntu wese wifuza gusangira nabo ibitekerezo.
Niba hari icyo mwifuza kumenya kirenze, mwahamagara cyangwa mukandika kuri izi nimero zikurikira: + 250 788590588, + 250 788438300.
E-mail : aslbahai.gisenyi@yahoo.fr Mukomeze kugira ibihe byiza aho muri hose.
Comments
Post a Comment