Skip to main content

Byinshi utamenye ku gisibo ababaha'i bagira mu kwezi kwa nyuma buri mwaka


Mu myemerere y’idini baha’i, umwaka uba ugizwe n’amezi cumi n’icyenda aho buri kwezi kuba kugizwe n’iminsi 19. Mu kwezi kwa nyuma kwa 19 , buri mwemera wese w’idini baha'i aba akwiye kubahiriza igisibo. Muri uyu mwaka wa 2020, igisibo cyatangiye ku itariki ya mbere Werurwe kizarangira tariki 19 z’uku kwezi n’ubundi. Ubushize twari twababwiye iby’uko isi yose yizihizaga ivuka rya Bab, gusa muri uyu mwanya turarebera hamwe icyo igisibo kivuze kuri buri mwemera w’idini Baha’i.
Carmel, Haifa, Israel


Iki gisibo kiba mu kwezi kwa 19 buri mwaka iyo kirangiye, nibwo hatangira umwaka mushya mu idini baha’i, witwa Naw-Ruz. Gusiba kuri buri mubaha’i ku isi ntibigoye kuko icyo aba asabwa ni ukudafata icyo kurya no kunywa ku manywa.

Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko gusiba ntufate ibyo kurya no kunywa mu gihe runaka bigira ingaruka nziza ku buzima gusa ababaha’i bo babikora  kubera impamvu zishingiye ku myemerere. Ababaha’i batangiye gusiba ubwo iri dini ryatangiraga hagati mu kinyejana cya 19.

Kubera iki Ababaha’I basiba?

Kenshi siyanse yagiye yerekana ko gusiba bifitiye akamaro kanini kandi keza  ubuzima bwacu. Abahanga bavuze ko bituma ababikora mu buryo buhoraho bagira ubuzima buzira umuze ndetse bakanaramba. Hari ingero zatanzwe nk’Ababuddhist, Abamormon ndetse n’Ababaha’i. Gusa bitandukanye n’ibyo, Ababaha’i bo basiba kubera impamvu zifitiye akamaro roho.

Igisibo cy’Ababaha’i gifasha uwagikoze kongera kwitekerezaho urugendo yanyuzemo umwaka wose aho aba ashobora kwibaza ati: “Ni gute nakweza umutima na roho yanjye? Ni gute natunganya ibitekerezo byanjye? Ni iki nakora muri uyu mwaka kugira ngo ngire ubuzima bwanjye n’ubw’abandi bwiza? Ni gute naba uw’ingirakamaro ku bantu bose?

Iki gisibo kimara amasaha akabakaba hafi muri 12 mu munsi, abantu bemerewe kugikora ni abari hagati y’imyaka 15 na 70.

KU BINDI BIJYANYE N'IYI NKURU KANDA HANO

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...