Skip to main content

AMAHORO KU ISI HOSE


“… Inkuru nziza ya mbere… ni itegeko ryo gukura mu gitabo cy’Imana iteka ry’intambara zishingiye ku madini…”.

“…Abantu bose twabageneye Amahoro rusange kuko ari bwo buryo bwiza bwo kurinda bene-muntu. Abami bo ku isi bose, bagomba kwita kwita kuri iryo tegeko kuko ari ryo ntambwe y’ibanze yo kuzana ituze n’amahoro y’isi…”

“… Igihe kizagera cyo kwiyumvisha ko hakenewe inteko ngari y’abantu bahagarariye isi yose. Abami n’ibikomangoma byo ku isi bagombye kuyishyiraho,bakajya mu nama zayo, bagashaka inzira n’uburyo bwo gushing Amahoro Makuru ku isi…Niba umwami atekereje gufata intwaro arwanya undi mwami, abandi bose bagombye guhagurukira icyarimwe bakabimubuza…”

“...Abashinzwe Inzu y’Ubutabera bagomba gushaka ukuntu habaho Amahoro Makuru cyane kugira abantu be gutagaguza amafaranga yabo. Ibyo ni itegeko kandi ni ngombwa, kuko mu mahame no mu ntambara, ariho havuka impagarara n’imibabaro…”
BAHA’U’LLAH

“…Bishoboka bite ko abantu barwana kuva mu gitondo kugeza nimugoroba,bicana kandi bamena amaraso ya bagenzi babo, baba bashaka kugera kuki? Kugira ngo batware agace k’ubutaka…

Nyamara isi ntabwo ari iya bamwe gusa ahubwo ni iy’abantu bose. Iyi si ntabwo ari inturo y’umuntu, ahubwo ni imva ye. Ubwo rero abantu bicana bapfa imva. Ikirushije ibindi byose gutera ubwoba, uburuhukiro bw’umubiri uzabora…”

“…Ntabwo Amahoro Makuru cyane yagerwaho biturutse ku mihati no ku gahato k’amoko.Ntiyashingwa no kwigomwa cyangwa kwitangira igihugu, cyangwa kuko ibihugu binyuranye cyane kandi urukundo rw’igihugu cyacu rufite aho rugarukira. Byongeye, biragaragara ko ari ubutegetsi bw’igihugu cyangwa ubuhanga mu by’ububanyi n’amahanga byatuma habaho ubwumvikane rusange,kuko ibihugu byikunda,binyuranye…Amahoro rusange ntiyagerwaho biturutse ku butunzi, ahubwo agomba guturuka ku ngufu z’ubutungane…Ibyo bizagerwaho kubera imbaraga za Mwuka Muziranenge…”
ABDU’L-BAHA


Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...