Skip to main content

BIC: Ihame ryo guteza imbere Ubumwe mu mibanire ya Afurika n’Uburayi

 BRUSSELS — Mu myaka ibiri ishize, icyorezo cyongeye kwerekana ko abantu bo ku isi bakwiye gushyira hamwe mu bihugu, cyane cyane mu nzego z’ubukungu. Muri iki gihe kandi, Umuryango Mpuzamahanga w’Ababaha’i , Bahá’í International Community (BIC), waharaniye ndetse unashyira imbaraga mu gutma abantu bumva ukuri- ko ikintu cya mbere inyokomuntu ikenye ari ubumwe.

Iyi yari insanganyamatsiko  nyamukuru y’ Umuryango Mpuzamahanga w’Ababaha’i , aho yagiraga iti: “ Ubumwe bw’Aabantu- Icyo bwafasha Imikoranire hagati ya Afurika n’Uburayi”, ibi byateguwe ku bufatanye bwa bamwe bo mu Muryango Mpuzamahanga w’Ababaha’i babarizwa i  Addis Ababa na Buruseli. Ibitekerezo byabo bagiye babitanga mu gihe cy’inama ya 6 y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika- Inama y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi yabereye i Buruseri. 

Solomon Belay w’i Addis Ababa yagize ati: “ Iyi nama yatanze umwanya mwiza wo kuba twagaragariza abayobozi b’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi ingingo nyamukuru kandi z’ingirakamaro Umuryango Mpuzamahanga w’Ababaha’i wagiranye n’abayobozi ba za guverinoma; aho bagiye bababwira ingingo nyazo zikwiye kwitabwaho ndetse zanakozweho ubushakashatsi bwimbitse. Muri izi ngingo harimo imiterere ya za guverinoma ku isi, abimukira, imihindagurikire y’ikirere, ubuhinzi ndetse n’umutekano w’ibiribwa. Tuzageza ibi bitekerezo no ku bayobozi b’ Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika.

Dr. Belay yasobanuye impamvu ari ngombwa ko Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi bikorana. Yavuze ko imigabane yombi ifite byinshi ihuriyeho mu mibereho n’ubukungu.  “ Imibanire y’ubu ikeneye impinduka ziganisha ku bumwe bishingiye  ku mibereho myiza y’abantu bose bo kuri iyi migabane n’ahandi. Ibi bikeneye ubufatanye ku mpande zose no kwizerana. Niko yahamije.

Rachel Bayani w’ i Buruseri we yasobanuye ko kugira ngo imibanire mpuzamahanga ihinduke ive uko iteye ubu ngubu maze habeho ubumwe bw’abantu buhamye, bizasaba imbaraga z’ibisekuru byose haba muri iki gihe cyangwa se ejo hazaza.

“Ikindi gitekerezo mfite ni ishyirwaho ry’ahantu hihariye ho guhurira,” Bayani yakomeje agira ati :  “ Ku bakomoka muri Afurika n’i Burayi ni ngombwa bagira uburyo bwo kujya basuzuma ibi ngibi biciye mu biganiro bigamije ibisubizo birambye.”


Ijambo ryavugiwe i Addis Ababa n’ i Buruseri ryubakiye ku mbaraga Umuryango Mpuzamahanga w’Ababaha’i ushyira mu biganiro bijyanye n’imiyoborere ku isi. Ibi bitekerezo byose byakusanyirijwe hamwe mu nyandiko yitwa “ Imiyoborere Ikwiye: Abantu n’inzira iganisha ku Itegeko Rikwiye ku Isi.”

Niba hari icyo mwifuza kumenya kirenze, mwahamagara cyangwa mukandika kuri izi nimero zikurikira: + 250 788590588, + 250 788438300.

E-mail : aslbahai.gisenyi@yahoo.fr Mukomeze kugira ibihe byiza aho muri hose.

KANDA HANO UKURIKIRE ANDI MAKURU Y'ABAHA'I KU ISI

                                BAHA'IS DE RUBAVU TV


Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...