Skip to main content

Ibiterane by’isi: Kwimakaza umuco w’amahoro, kugira uruhare mu iterambere ry’umuryango

 

INTEKO NKURU Y’ABABAHA’I KU ISI- Uko ibiterane bikomeje kuba hirya no hino ku isi, bigahuriza hamwe abifuriza ibyiza ikiremwamuntu , bakanasesengurira hamwe uko bagenza ngo bahurize hamwe imbaraga hamwe mu nzira yo kwimakaza ubumwe ndetse no gukorera bagenzi babo b’abaturage ,aho binahura n’ibyo sosiyete zabo zikeneye.

Amateraniro y’aho baba, ku rwego rw’igihugu no ku rwego mpuzamahanga ,afasha abitabiriye kunguka ubumenyi buva ku bunararibonye bw’ibikorwa by’Ababaha’i, imbaraga zashyizwe mu bikorwa rusange by’umuryango mugari, imbaraga zo gutanga umusanzu mu biganiro by’ibanze.

Mu bice bimwe, ibiterane byageze ku ntego y’ibanze, nko mu materaniro y’ubushize muri Bangui, Repubulika ya Santarafurika  (Central African Republic) , aho abagore bagera kuri 500 baturutse mu duce tuhaturiye bahuriye hamwe bakaganira ku ruhare rw’umutegarugori mu iterambere rya sosiyete.

“Uruhare rwuzuye rw’abagore muri ibi biterane ni ingenzi, kuko abagore ari inkingi za mwamba mu gukomeza umuco w’amahoro,” niko yavuze Louis Isidore Tenzonko-Boazamo, Umubaha’i wo muri iki gihugu. “Niyo mpamvu ku ikubitiro hagitangira ibiterane twabanje kwita cyane kuri ino ngingo.”

Tuzi neza ingorane inyoko-muntu yahuye nazo ku isi hose- Hari imihindagurikire y’ikirere,icyorezo, intambara n’amakimbirane ndetse n’ikimenyane hose- abitabiriye bose bari kurebera hamwe uburyo butanga icyizere ku bushobozi bw’inyoko-muntu, kandi bakaba bumva bahujwe n’urukundo na bagenzi babo ndetse n’abandi bose mu mbaraga zigamije imibereho myiza ya sosiyete.

Niba hari icyo mwifuza kumenya kirenze, mwahamagara cyangwa mukandika kuri izi nimero zikurikira: + 250 788590588, + 250 788438300.

E-mail : aslbahai.gisenyi@yahoo.fr Mukomeze kugira ibihe byiza aho muri hose.

KANDA HANO UKURIKIRE ANDI MAKURU Y'ABAHA'I KU ISI

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...