Skip to main content

Ibiterane ku isi: Ubuhanzi buteza imbere amahoro, bukanafasha ubwitabire muri serivise z’umuryango mugari

 INTEKO NKURU Y’ABABAHA’I KU ISI- Mu gihe hirya no hino hakomeje kuba ibikorwa by’ibiterane, ibikorwa by’ubugeni n'ubuhanzi bikomeje kwigaragaza nk’ingingo ya ngombwa roho y’inyoko muntu ikeneye : hakenewe ubwumvikane no kutiganyira  mu gihe cyo kugira ibyo dukorera sosiyete.

Binyuze muri ibi bikorwa by’ubuhanzi – Umuziki, ikinamico, ibihangano by’amashusho, imbyino gakondo,ubukorikori, ndetse n’ubundi bwoko bwose bw’ibihangano – Abitabira ibi bikorwa mu mbaga nyamwinshi hirya no hino ku isi  babasha gusobanukirwa neza ibitekerezo byimakaza ubutabera, amahoro ndetse n’ubumwe.

Ibi ni bimwe mu byakorewe mu ruhererekane rw’ibiterane byo hirya no hino ku isi.

 

Ahitwa Islamabad muri Pakistan, abitabiriye igiterane bagize uruhare mu gukora no gutunganya ibihangano bigaragaza neza uko idini n’ubumenyi ( siyansi) bigomba kuzuzanya, uburinganire hagati y’abagabo n’abagore ndetse n’ukwigobotora ugucirana imanza.

 

Iyi foto irerekana uruhererekane rw’ubutumire buha ikaze abantu bose mu biterane byo mu Budage.

Aba ni abo muri Kivu y’Amajyepfo, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Aha bari mu bikorwa by’ububoshyi. Abitabiriye ibiterane bya Bukavu, Nundu, na Chanjavu bose bakoze ubukorikori nk’ubu.

 


Aha ni muri Repubulika ya Dominikani, itsinda ry’abanyamuziki bararirimbye mu giterane.

 

Muri iki giterane mu Bubiligi, abitabiriye bagaragaje imbyino z’abakurambere mu rwego rwo gushimangira ukunga ubumwe kw’amoko atandukanye.

 

Aha ni mu giterane cya Croatia aho abana bakoze igihangano cyerekana imibereho myiza y’umuryango mugari.

Niba hari icyo mwifuza kumenya kirenze, mwahamagara cyangwa mukandika kuri izi nimero zikurikira: + 250 788590588, + 250 788438300.

E-mail : aslbahai.gisenyi@yahoo.fr Mukomeze kugira ibihe byiza aho muri hose.
SOMA ANDI MAKURU HIRYA NO HINO KU ISI

KANDA HANO UREBE UKO CYAGENZEIGITERANE CY’ABAGORE CYATEGUWE N’ABABA’I I RUBAVU 

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...