Skip to main content

Isabukuru z’Impanga:Ivuka rya Bab & Ivuka rya Baha’u’llah

Nyuma y’uko kwigaragaza kwa Bab no kwihuta kw’abantu b’inzego zose, abakungu, abakene, abavugabutumwa, abahanga n’abaswa basubizaga cyangwa bitabiraga inyigisho ze, umuhengeri w’abarwanyi n’abahakanyi bagendaga biyongera cyane mu bayobozi b’amadini n’abategetsi, bamucira guhorwa Imana kwa Bab n’itsembatsemba ry’abantu benshi n’abemezi.

Ubwo bubabare bwose,uko gutotezwa kw’indengakamere, nk’uko byari byahanuwe na Bab, Ukwemera Baha’i kwari kwaratangiye kwamamara ku isi hose.

Ubutumwa bw’ibanze bwa Bab bwari ugutegura ukuza k’ukwigaragaza kw'Imana, Baha’u’llah (Ikuzo ry’Imana) aho intego ye ari ugushyiraho imisingi  y'ubutungane  na none inzego z’ukwimakaza kw’amahoro kwa bene muntu no kwimakaza amahoro yasezeranyijwe kuva kera cyane mu mateka y’amadini y'isi. Mu ntangiriro y’umusozi Carmel, hubatse ubuturo Bwiza, bubitswemo umubiri wa Bab, buzungurutswe n’ubusitani, bugizwe n’ihuriro ry’ubutungane n’imitegekere y’Ukwemera Baha’i.

Incamake y’amateka y’ubuzima bwa Baha’u’llah.

Baha’u’llah niwe mutangizi w’ukwemera Baha’i.

Yavukiye I Téhéran mu muryango w’ibwami, umubyeyi we yakoraga  muri reta y’umushehe wa Iran.

Ku myaka 27, umubyeyi we aza kwitaba Imana, bamusabaga gusimbura  se i bwami. Ariko we aranga,kugira ngo agire igihe gihagije cyo gufasha aba babaye,abarwayi n’abakene (Aho byakomotse kumuha izina "umubyeyi w’abakene") gushyigikira ubutabera.

Baha’u’llah ahishura inyigisho z’ibanze yanditse harimo igitabo cy’ibanze (Kitab-i Aqdas) yandikiye mu buroko butagatifu bwa Yohani  ( Akka).

Baha’u’llah yamaze imyaka 40 y’ubuzima bwe mu gucibwa cyangwa mu buroko. No mu kwa munani 1868 kugeza mu 1877, yafungiwe mu mugi wa Turukiya hafi na Haifa.

Nyuma ajya gutura hanze y’uwo mugi mu giturage cy’ubuturo bwa Bahji, Aho yarangirije ubuzima bwe bwo ku isi ABA Ari naho yashyinguwe ku itari ya 29 z’ukwa gatanu mu 1892.

Ibyatoranyijwe muri iyi minsi yo kwibuka

Ivuka rya Bab

Mu izina ry’uwavutse kuri uno munsi, We Imana yagize Umuteguza w’Izina rye, Ushobora byose,Ukunda cyane !”

 

Uru ni Urwandiko twageneye rya joro aho ijuru n’isi byamurikiwe n’Umucyo wasakajwe ku biremwa byose

Wahawe umugisha yewe joro we! Kuko binyujijwe kuri wowe; havutse umunsi w’Imana, umunsi twategetse kuba itara ry’agakiza ku batuye imijyi y’amazina, inkongoro y’intsinzi ku ntwari z’imbuga (arenas) by’iteka zihoraho (eternity), n’umuseke w’ibyishimo no kwizihirwa ku biremwa byose     Mana irakujijwe by’agahebuzo, Umuremyi w’ijuru, Yo yateye uno Munsi guhishura rya Zina ryatumye inkingirizi z’ibitekerezo bidafashe rishwanyagurika, ibihu by’imyumvire idahwitse bigahoshwa, kandi Izina rye “Ubaho ku bwe wenyine” rikarasira hejuru y’ikirere cy’ukudashidikanya. Ku bwawe divayi yatoranijwe y’ubuzima bw’iteka yarafunguwe, umuryango w’ubumenyi n’umuvugo wafunguriwe abatuye Isi bose, kandi amahumbezi menshi aturuka kuri Nyiribambe yasakajwe muri buri Karere. Ikuzo ryose rihabwe iyo saha aho Ubukire bw’Imana, Ushobora byose, Uzi byose,Nyir’ Ubushishozi Yigaragaje !

Yewe koraniro ry’isi n’ijuru! Iri ni rya joro rya mbere Imana yagize iki- menyetso cya rya joro rya kabiri havutse uwo igisingizo na kimwe kidashobora kurata bikwiye cyangwa ngo agire ikimuranga. Hahiriwe utekereza kuri ayo majoro yombi. Mu by’ukuri, azasanga imiterere y’ayo igaragara ihuye n’icyoko cyayo kitagaragara, kandi azamenyeshwa amayobera y’Imana yihishe muri rino Hishura, ihishura ryatumye ifatizo ry’ubuhakanyi rishegeshwa, ibigirwamana by’ibitekerezo bidafashe bigacagagurwa, kandi ibendera ritangaza ngo “Nta yindi Mana itari Yo, Umunyembaraga, Ukujijwe, Utagereranywa, Ukingira, Igihangange, Udashyikirwa” rikazamurwa.

Muri iri joro, umubavu wo kuba bugufi warasakaye, amarembo yo guhuzwa ku iherezo ry’iminsi yarafunguwe yose, naho ibiremwa byose byatewe no gutangara bigira biti: Ubwami ni ubw’Imana, Nyagasani w’amazina,Waje afite inganji ibumbatiye isi yose”. Muri iryo joro ikoraniro ryo mu ijuru  ryijihije igisingizo cy’Umwami waryo, Uri hejuru cyane, Nyirikuzo rihebuje, naho icyoko cy’amazina y’Imana gisingiza Umwami w’itangiriro n’iherezo muri rino Hishura, ihishura rifite imbaraga zatumye imisozi isanganira We Wihagije, Uri hejuru bihebuje, naho imitima yiyerekeza uburanga bw’Umukundwa cyane, amashami anyeganyezwa n’akayaga k’urukumbuzi rwinshi, ibiti bizamura ijwi byitaba We Mutimirwa, kandi isi yose ititira ku bw’icyifuzo cyayo cyo guhura n’Umwami Uhoraho, ndetse ibintu byose bigirwa bishya n’Ijambo rihishe ryagaragariye muri iri Zina ry’igihangange.

Ivuka rya Baha’u’llah (1)

“Ni umutagatifu byagahebuzo, Usumba byose, Igihangange cyane”

Umunsi mukuru w’amavuko wageze, kandi We uri ubwiza bw’Imana, Ushobora byose, Utegeka byose, Ukunda cyane, yimitswe ku Ngoma ye. Ha- hirwa uwamwegereye n’ uwo indoro y’Imana, Umufasha mu byago, Ubayeho ku bwe wenyine, yerekejwe ho kuri uno Munsi. Vuga uti: Twijihije bino Birori mu Buroko bukuru cyane mu gihe abami bo ku isi bahagurikiye kuturwanya.

Ariko kandi inganji y’abagome ntishobora kudutangira, cyangwa ngo imbaga zo Ku isi zidushegeshe. Kuri ibyo Nyir’Imbabazi zihebuje ni gihamya ku rwego rw’icyubahiro.

Vuga uti: Icyoko cy’ubukomezi cyashobora gushegeshwa n’ induru y’abatuye isi? Oya rwose, ku bw’ubwiza bwe bwashakaje uburabagirane bwaryo ku bintu byose byabayeho n’ ibizabaho! Iyi, mu by’ukuri, ni ikuzo

Ivuka rya Baha’u’llah (2)

“Ni umutagatifu byagahebuzo, Igihangange cyane”

 Uku ni ukwezi havutsemo ufite Izina risumba ayandi, Uwo ukugaragara kwateye ibihimba kw’inyoko-muntu gutitira, naho umukungugu w’ibirenge Bye ugashakwaho umugisha n’Inteko yo mu ijuru hamwe n’abatuye mu mijyi y’amazina. Ubwo nyuma y’aho bashimagiza Imana mu byishimo n’akanyamuneza kenshi. Ku bw’Imana! Uku ni ukwezi kwateye andi mezi yose kumurikirwa, ukwezi Uri Ibanga ryahishwe n’ubutunzi burinzwe cyane yagaragayemo  n’itangariza imbere y’abantu bose. Inganji yose ni iy’uru Ruhinja rwavutse, rwateye ibyaremwe byose kuzura akanyamuneza, ibiti bira- zunguzwa, inyanja zirazamuka, imisozi irahunga, Paradizo izamura ijwi, Uru- tare rurahamagara, naho ibintu byose biratangaza biti: “Yewe Nteko y’ib- yaremwe! Nimwihutire umuseke w’indoro ya Nyagasani wanyu, Nyir’imbabazi, Uw’impuhwe nyinshi!”

Uku ni mu kwezi Paradizo ubwayo yatatswemo imirabagire y’ubwiza bw’uruhanga bwa Nyagasani wayo. Nyir’ ibambe. inyombya yo mu ijuru iramburura ijwi mu giti cy’ijuru, naho imitima y’abahawe ubutoni yuzura umunezero uhebuje. Nyamara muri rubanda,abenshi muribo barayobye. Ha- hirwa uwamumenye , akamurikirwa ibyasezeranijwe mu nyandiko z’Imana, Nyir’ubushobozi. Nyir’Ibambe kandi hagowe uwahakanye Uwo iteraniro ryo mu ijuru ryayobotse, We wagaragaje ukuyoba kwa buri muhakanyi w’indako- sorwa.

Ukimara kwakira Iyi nyandiko, hita uzamura ijwi uyiririmbana ubwiza n’uburyohe uvuga uti: Uhimbazwe wowe, Yewe Nyagasani wanjye nyir’ ibambe rihebuje kuko wanyibutse muri iyi nyandiko, yasakaje umubavu w’umwambaro w’ubumenyi bwawe, kandi rwateye inyanja z’inema yawe ku- zamuka. Ndahamya ko ufite ububasha bwo gukora icyo ushatse cyose.Nta y’indi Mana ibaho itari Wowe, Nyir’ ububasha,Uzi byose,Nyir’ububushishozi.

(Baha’u’llah, "Ma'idiy-i-Asmani", vol. 4, p. 342)

Incamake ku buzima bwa Bab.

Bab, ni intumwa n’integuza ya Baha’u’llah, yateguraga abemezi be abaha  n'amabwiriza henshi na henshi mu nyandiko ze abasaba kuzamwemera, nta gushidikanya na guke, “Uwo Imana izagaragaza”

Bab yavukiye Shiraz mu majyepfo y’ubu Perusi. Yari Siyyid bivuga  ukomoka Ku Ntumwa y'Imana Muhammad.

Text Box: 3Text Box: 6Umwana muto cyane yamenye gusoma n’uburere bw’ibanze bw’umuco wabo. Akiri ingimbi, yarangwaga n’imyitwarire ye, kubaha k’umwihariko kurenze n’imyitwarire yiyubashye cyane, yarafite icyubahiro kirenze. Agejeje ku myaka 25, yatangaje ko muri gahunda ntagatifu, Imana Yo isumba byose yaramutoranyije “Bab” yashakaga gusobanura muri aya magambo "Bab" ko yari “Umuryango”, inzira itugeza ku buntu butugeza ku kubaho guhishe inyuma  y’igishura cy’icyubahiro, igizwe nibitangaza bitabarika bitagira iherezo, aho ihuriro ry’urukundo ryamurangaga n’ubushake bumuranga.

Haifa, Israel

-------------------------------------------------

Niba hari icyo mwifuza kumenya kirenze, mwahamagara cyangwa mukandika kuri izi nimero zikurikira: + 250 788590588, + 250 788438300.
E-mail : aslbahai.gisenyi@yahoo.fr Mukomeze kugira ibihe byiza aho muri hose.

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...