Skip to main content

Umuntu na Sosiyete: UMUNTU


Buri muntu wese aba afite umuryango abarizwamo kandi akagira uruhare mu mu buzima bwa sosiyete. Umuntu afata iya mbere mu nshingano, gufata amahirwe, akarema ubucuti ndetse akubaka umubano kandi akihuza n’abandi mu gihe cyo gukora no gufata ibyemezo.

“Kandi nk’uko ubutungane n’umwihariko wa muntu uri mu bigize ibi ngibi, aba abarizwa mu moko ya benshi bari ku isi gusa akaba akwiye kuba isoko y’icyiza cya sosiyete,” niko yanditse ‘Abdu’l-Bahá.

 

Kugira ngo akore neza muri iki gihe cy’inzibacyuho mu mateka ya muntu, abantu bakwiye , mbere na mbere, kwiyumvamo intego zifite ububasha butuma bo ubwabo bwite bagera ku bukure mu kwemera n’ubumenyi ndetse no kuzana impinduka muri sosiyete. Ibi ngibi iteka biba bikwiye kujyana muri iyi nzira y’imiterere ya sosiyete.

Ku rwego rwa muntu , intego nyakuri igaragarira mu gutera imbera agakura- anagira ibyo akorera inyokomuntu- mu byiza byinshi twahawe nk’impano n’Imana. Ibi bintu harimo umusaruro ndetse n’indangagaciro ziri muri buri muntu , ndetse n’impano n’imiterere igenda yihariye bitewe n’umuntu uwo ari we.



  Bahá’u’lláh yaranditse,  Intego y’Imana Imwe Nyakuri,Icyubahiro kibe Icyayo,uko yigaragarije abantu ni ukugira ngo ishyire izo mbuto zihishe mu bantu  .”

Mu gitekerezo cyo guhindura sosiyete , intego yacu ni ugufasha ishyirwaho ry’iterambere, gushyira imbaraga n’ubushobozi bwacu mu guteza imbere imibereho myiza y’inyokomuntu. “ Muzirikane ibihe byose kugira ibyo mukorera buri muntu wese…” Niko ‘Abdu’l-Bahá yavuze. “ Mukiranuke, bitari ukubyerekana gusa… nakorere ibyiza buri muntu aho aca hose, kandi amubere umugisha. Nahindure imico ya buri wese kandi yongere ayobore intekerezo za buri muntu.

Duharanira ko izi ntego uko ari ebyiri zikomezwa n’ukwemera k’uko turi abantu b’umuryango w’inyokomuntu imwe. Ibi bikadufasha gutuma twumva turi bamwe ndetse bikanaturinda ivangura, gucirana imanza, ubuhezanguni ndetse no kwishyira hejuru mu buryo bushobora gutuma haba impinduka. Ibyo Bahá’u’lláh we agaragaza ko buri muntu yagakwiye gukora afasha sosiyete kugira ngo hagerweho ukwemera n’ibikorwa birambye, ni byinshi cyane. Gutungana gusa sibyo bisabwa; Ahubwo igikenewe kuri twe ni ugukora buri munsi ngo tugere ku rwego rukenewe. Dusaba guca mu  nzira rusange ya serivise- dufashanya kugira ngo duterere imbere hamwe,  mu bugwaneza buha agaciro uruhare rwa buri wese no kwirinda icyatuma twikunda.

-------------------------------------------------

Niba hari icyo mwifuza kumenya kirenze, mwahamagara cyangwa mukandika kuri izi nimero zikurikira: + 250 788590588, + 250 788438300.
E-mail : aslbahai.gisenyi@yahoo.fr Mukomeze kugira ibihe byiza aho muri hose.

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...