Skip to main content

Umuntu na Sosiyete : UMURYANGO

Abantu ntabwo baremwe ngo babeho bonyine ahubwo, mu by’ukuri, baremwe kugira ngo babarizwe mu miryango. Imikoranire ni ingenzi kugira ngo tubeho neza ,tunatere imbere. “ Hari inyamaswa zitarura ngenzi zazo zikajya kwibana,” niko yavuze ‘Abdu’l-Bahá. “ Ariko ibi ngibi ntibishoboka ku mwana w’umuntu. Mu buzima bwe kubana no gukorana n’abandi ni ingenzi. Biciye mu mikoranire no guhura tubona umunezero, iterambere ry’umuntu ku giti cye n’itsinda ryose muri rusange.”

Imiryango birumvikana ko ishobora kwireba bitewe n’ikiyihuje, urugero, abaturanyi bo mu gace runaka, abemera b’idini, abahuriye hamwe mu kigo cy’ishuri cyangwa mu kazi runaka.

Mu muryango runaka , umuco bimakaza, indangagaciro ziwugenga, ndetse n’imiterere y’ibitekerezo ndetse n’imyitwarire irema, byose bigenwa mu buryo bwagutse n’abawugize bitewe n’umurongo wintego bafite. Mu gihe iyo ntego igamije imibereho myiza ya sosiyete,  umuryango uhinduka inkingi ibarizwamo imbaraga zihuriye ku gikorwa kimwe, aho unasanga icyifuzo  cy’umuntu n’ itsinda ryose byiyunze bigakora ikintu kimwe, bityo ugasanga imigirire y’itsinda ikomejwe n’ishyira mu bikorwa ubushake bw’igitekerezo kigenderewe, kandi bikanaba imbarutso y’ubwitange bw’icyiza rusange.

“ Icyo inyokomuntu ikeneye mbere na mbere ni ugukorana no gufatanya n’abandi,”niko yavuze ‘Abdu’l-Bahá. “ Uko abantu bagira imibanire ikomeye, niko habaho imbaraga mu kubaka ndetse no kugera ku byo bifuza mu nzego zose z’ubuzima bwa muntu.” Mu buryo bumwe nk’uko inyokomuntu irenze cyane uko uturemangingo twa muntu twihuza ngo dukore umubiri, niko umuryango wunze ubumwe uba urusha cyane  imbaraga za buri muntu mu bawugize.

Abahá’í baba kandi bagakorera mu bice byinshi by’uyu mubumbe w’isi, kandi birebeye hamwe ko bakwiye kuba intangarugero z’ukwishyirahamwe kw’inyokomuntu yose. Aho batuye hose, imiryango y’Ababahá’í n’inshuti zabo bakora uko bashoboye kose bagashyira mu bikorwa iby’inyigisho za Bahá’u’lláh aho zigaruka ku iterambere ry’umuryango mu kwemera n’uburyo bufatika bw’ibintu. Mu rwego rugaragazwa n’ubushake bwo kwiga , baharanira gutanga umusanzu wo kugira umuryango uramya kandi ukanashyira imbaraga mu guteza imbere ibyiza rusange.Buri umwe wifuza kugira uruhare mu guteza imbere iri hame , ahawe ikaze. Intego yabyo , nyuma y’ibi byose, ni ugufasha abantu kwiyubakamo imbaraga zituma bafata inshingano bo ubwabo mu by’imyemerere, imibanire n’abandi , ubumenyi byose bigatera imbere kugira ngo bibone nkaho ari ab’ingenzi ku giti cyabo n’iterambere ry’imiryango babarizwamo , kuruta uko baba abagenerwabikorwa n’abatekererezwa ibyo bagomba gukorerwa.

-------------------------------------------------

Niba hari icyo mwifuza kumenya kirenze, mwahamagara cyangwa mukandika kuri izi nimero zikurikira: + 250 788590588, + 250 788438300.
E-mail : aslbahai.gisenyi@yahoo.fr Mukomeze kugira ibihe byiza aho muri hose.

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...