Skip to main content

GUKEMURA IBIBAZO BY’UBUKUNGU BINYUZE MU NZIRA Y’UBUTUNGANE.



“…Imana yabahaye gutegeka abantu kugira ngo mubatware mu butabera, abarengana mukabarenganura,mugahana abarenganije abandi…”.

“…Nimwumvikane kandi mugabanye intwaro, ari ukugira ngo imari mukoresha igabanuke n’imitima yanyu igire ituze. Twamenye ko mudahwema kongera amafaranga y’ibyo mugura kandi umutwaro mukawugereka ku bo mutegeka.Mu by’ukuri , ibyo birenze ibyo bashobora kwihanganira, kandi murabahohotera…”

“… Mumenye ko abakene muturanye ari nk’indagizo Imana yabashinze. Mureke kwivutsa icyizere cyayo igihe murenganya abo bakene”.

“…Yemwe abatorewe guhagararira abaturage muri buri gihugu, nimujye inama kandi mu mpaka zanyu ntimukagire ikindi mwitaho usibye icyagirira abantu bose akamaro kandi gishobora gutuma barushaho gutuma bamererwa neza, niba mubarirwa mu bantu bashaka ubutabera…”.

“…(Umutako wa gatanu) ugenewe kurinda no kubahiriza imibereho inyuranye y’abantu. Nta na rimwe hagomba kubaho amayeri y’uburiganya (ibikorwa) ahubwo ni ngombwa kuvugisha ukuri n’uburyo buboneye. Abantu ba Baha ntibagomba kwiyibagiza ibihembo byagenewe buri wese”.

“…Ububengerane bwa gatanu ni uko Ubutegetsi bwamenya ubushobozi bw’abakozikugira ngo bubashinge imirimo bashoboye kandi iri mu bushobozi bwabo. Buri mukuru w’igihugu na buri Mwami bagomba kubyitondamo. Bigenze bityo, umuhemu ntiyajya mu mwanya w’indahemuka cyangwa ngo umusahuzi afate umwanya w’umurinzi…”

“…Imana yategetse buri wese muri mwe kwita ku murimo uwo ari wo wose, ubuhanzi, ubucuruzi.Twagereranije uwo murimo nk’uburyo bwo kwiyambaza Imana… Ntimugatakaze igihe cyanyu mukora ubusa cyangwa ngo mwe kugira icyo mwitaho, ahubwo nimwite ku cyabagirira akamaro ubwanyu kikakagirira n’abandi…”
BAHA’U’LLAH.

“…Ubukungu bw’isi bushingiye ku mategeko y’ubutungane, kandi bufitanye isano n’umutima…”.

“…Gutunganya imibereho y’abantu bigomba gukorwa ku buryo ubukene bwashira kugira ngo buri wese, uko bishoboka, agire uruhare ku butengamare amererwe neza. Iruhande rwacu tubona hari abakize cyane, ahandi abamerewe nabi bicwa n’inzara. Ibyo ni akarengane kandi bigomba kubonerwa umuti… Iyo ubukene bwarengeje urugero, ibyo ni ikimenyetso ko hari ahantu hategekeshwa igitugu. Amategeko yihariye agomba gushyirwaho kugira ngo akemure ikibazo cy’ubukire n’ubukene bikabije…”.

“…Ni ngombwa gukuraho ubuhake bushingiye ku nganda…Igisubizo cy’ibibazo by’ubukungu nticyabonekera mu gushyiraho umutungo ubangamiye umurimo, cyangwa umurimo ubangamiye umutungo, cyangwa se ngo kibonekere mu nzangano no mu mirwano, ahubwo cyabonekera mu myifatire itajegajega y’ubushake bw’impande zombi…Mu Babaha’I ntiharangwa imikorere y’agahato, yo gushaka kurarikira inyungu cyangwa irenganya, ntihaba igitekerezo cyo kwihorera, nta kwivumbura ku butegetsi buriho…”.

“…Dukurikije itegeko ry’Imana , abakozi ntibagombye guhabwa umushahara gusa. Ahubwo bagombye kugira uruhare ku mirimo yose.Ikibazo cy’ubusosiyalisiti kiraruhije cyane. Nticyabonerwa umuti bitewe n’ubwivumbure ku mirimo ngo ikibazo kireba imishahara gitungane. Abategetsi bose bo ku isi bakwiye kwishyira hamwe bagashinga inteko yo gutegura umugambi w’ibigomba guhinduka,bakabigirana ubwitonzi no kudatezuka uburyo mu buryo abakoresha batahatakariza byinshi kandi n’abakozi ntibamburwe… nyuma bakavugira mu ruhame ko uburenganzira bw’abakozi buzarengerwa kimwe n’ubw’abashoye imari…”

“…Abafite ibirombe by’amabuye y’agaciro,abanyenganda n’abafite amazu, bagombye guha abakozi babo ikinyejana kizwi ku rwunguko kugira ngo, uretse umushahara wabo bashobore gufatanya kuzamura inyungu rusange z’umurimo bashinzwe kandi banakorane umurava…”

“… Ukandamizwa kandi arengana ntagomba kwihorera, ahubwo agomba kugira imbababazi no kugwa neza. Ariko amatorero afite uburenganzira bwo kwirengera no kwirinda…”

ABDU’L-BAHA.

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...