Skip to main content

Inshamake ku mateka y’ukwigaragaza kwa Bab twizihiza uyu munsi nk'aba Baha'i


Nyuma y’ubushakashati bw’itsinda ryari riyobowe na Mulla Husayn, nk'uko bari barabibwiwe n’uwari ubakuriye ariwe Siyyid Kazim mbere y'uko yitaba Imana, nawe ubwe wari warasimbuye Sheik Ahmad Ansaï, we (Mulla Hussein)n’abasangira-ngendo be, berekeje mu burasirazuba bwa Perse ariyo Iran y'ubu, mu mujyi witwa Shiraz.
Haifa\Israel ahantu hatagatifu Bab aruhukiye(shrine)


Bawugezemo, bagabanye imihanda itandukanye (streets) y'uwo mujyi, basezerana ko bahura mu isengesho ry’igicamunsi ku musigiti bari bumvikanye.

Umuhanda Mulla Husayn yafashe niwo yahuriyemo n’umusore ufite mu maso hakeye cyane, wuj’ubwuzu, nuko amutumira iwe. Bageze mu rugo, nibwo Ali Muhamad amubajije impamvu imugenza [Mulla Hussein yari umushyitsi muri uwo mujyi]. Nibwo amubwiye impamvu ituruka ku sezerano yari yarahawe na Siyyid Kazim : ko ari gushaka Quaïm wasezeranyijwe n’intumwa Muhammad [Imana imuhe amahoro ubuziraherezo] nk'uko tubisanga mu gitabo gitagatifu cya Korowani.

Ali Muhamad nibwo yongeye aramubaza ati : « Ese nta bimenyetso Mwarimu wanyu yabahishuriye ? [Bab yari yarabonekeye Siyyid Kazim nk’igisubizo cy’Imana ku masengesho n’ubwitange bwa Siyyid Kazim yahoragamo mu buzima bwe].

Nuko Mulla Husayn yaje kumubwira iryo sezerano, Ali Muhamad arongera ati : « Ese ibyo bimenyetso byose ntabyo umbonamo ? » atarasubiza nibwo amubwiye ati ni njye Bab (umuryango) wowe umpishuye wa mbere ukaba uri Babul’Bab (umuryango w’umuryango). Roho 18 ziyongera kuri wowe bose bazampishura, bamwe tuzabonana amaso ku yandi, abandi tuzabonana mu nzozi (kubonekerwa) - kandi izo Roho zose uko ziri 19, bose tuzasangira igikombe cy’amaraso !

Kuva ku mugoroba wo kuwa 22 Gicurasi kugeza ku mugoroba wo ku wa 23 Gicurasi,aba Baha'i bo hirya no hino ku isi Bari kwizihiza ukwigaragaza kwa Bab Ari nawe wahanuye ukuza kwa baha'u'llah,intumwa ndetse n'uwahanze ukwemera kwa ki Baha'i.

Bab bisobanuye irembo mu cyarabu.        

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...