Skip to main content

UBURINGANIRE BW’UMUGABO N’UMUGORE.


 “…Aya mabango yahishuwe avuye mu ijuru ry’Ubushake bw’Imana, muri Kitab-i-Aqdas,tukimara kugera muri iyi nzu y’imbohe.


“Hategetswe ko buri mubyeyi agomba kurera umuhungu n’umukobwa we mu buryo bagomba guhabwa inyigisho z’ubumenyi,gusoma no kwandika , n’ibindi byose byategetswe mu Rwandiko”.

BAHA’U’LLAH.

“…Imana yaremye ibintu byose mu bitsina byombi. Umuntu, Inyamaswa, n’Ibimera.Ibiremwa byose byo muri izo ngamba uko ari eshatu zifite ibitsina byombi, kandi muri byo nta busumbane na busa.
Mu gice cy’ibimera, hari ibimera by’ibigabo n’ibimera by’ibigore, nta busumbane buhari kandi bisangira ubwiza bw’ubwoko bwabyo…

Mu gice cy’inyamaswa, tubonamo ingabo n’ingore zitarangwaho ubusumbane kandi zombi zigafatanya gukora icyagirira ubwoko bwazo akamaro…

Mu gice cy’abantu, tuhasanga ubusumbane bukabije. Igitsina gore gihabwa agaciro kagayitse, ntigihabwa uburenganzira bungana n’ubw’igitsina gabo. Ibyo byose ntibituruka kuri kamere ahubwo bituruka ku burere. Imbere y’Imana bene iryo vangura ntiribaho.Nta gitsina gisumba ikindi imbere y’Imana… Abagore iyaba bigaga kimwe n’abagabo wasanga bigaragara ko nabo bafite ubwenge bungana n’ubw’abagabo…
“…Mu gihe uburinganire bw’umugabo n’umugore buzaba butaragerwaho byuzuye, ntabwo imizamukire y’abantu izaba yuzuye…”.

“…Uburere bw’umugore bufite akamaro kurusha ubw’umugabo kuko ari we urera abana. Niba umugore atigishijwe n’ubwenge bwe bukaba buke, umwana azagira ubwenge buciye munsi y’ubusanzwe, ni cyo gituma iyo umugore afite inenge, iyo nenge ye ibyara inenge y’abantu bose…”.
“…Uburere bw’umugore buzaba intambwe ikomeye yo kuvanaho intambara. Arera umwana kandi akamwigisha kugeza igihe abereye mukuru. Azanga ko abana be bajya kugwa ku rugamba. Azaba mu by’ukuri inking ikomeye izatuma amahoro rusange n’ubutabera bisagamba ku isi yose…”.

ABDU’L-BAHA.

Comments

Popular posts from this blog

Rubavu bizihije isabukuru y'imyaka 200 Intumwa y'Imana Báb amaze avutse

Kimwe n’abandi bose ku isi, Ababaha’I bo mu Rwanda by’umwihariko mu Karere ka Rubavu nabo kuri uyu wa 30 Ukwakira 2019 bizihije isabukuru y’imyaka 200 intumwa y’Imana  Báb ,wateguraga ukuza kwa  Bahá’u’lláh , amaze avutse. Abo mu madini yose bari bahawe ikaze muri uyu munsi mukuru nk’uko idini ry’Ababaha’i  ryimakaza ihame ry’ubumwe bw’amadini. Báb  wavutse  mu mwaka 1819, iri zina risobanura irembo. Nyirabasabose Priscilla, umwe mu bemera b’idini rya Kibaha’I  I Rubavu, avuga ko bishimira uburyo ubutumwa  Báb  yifuzaga gusakaza ku isi benshi bamaze kubumenya kuri ino nshuro ndetse ko n'aho butaragera bakomeje gahunda yo kubusakaza.

Ukwigobotora : [Iyi nyandiko mu «Ibonekerwa rya Bahá'u willáh, Umubumbe wa kabiri, Andrinople 1863-68» ya Adib Taherzadeh, imp. 34-41.]

    Muri Nyandiko ye(Igisigo)   Bahá'u'lláh agaruka   ku mbaraga z’Ibonekerwa kandi yemeza ko binyuze muriyo umuntu ashobora kugira urwego rwiza ruri hejuru mu migenzereze myiza y’ukwemera. Yahamagariye abamwemera   guharanira kugera ku rwego bamuhindukirira bafite imitima itanduye hamwe n’ubwitange, hanyuma bakitandukanya n'ibintu byo mu isi. Muri nyinshi mu nzandiko ze Bahá'u'lláh yavuze ko ikintu gikomeye umuntu yagezeho ari ukwitandukanya na byose bisigasira   Ubumana. Ubugingo bushobora kubona kwizera no gutera imbere kugana Imana kugeza aho butandukaniye n’iyi si. Ariko kwigobotora akenshi byumvwa nabi kandi bigafatwa nkaho ari ukwanga isi. Amatsinda menshi y’abantu bakunda kuba mu bigo by’abihaye Imana cyangwa ibigo bisa nabyo, bibwira ko imikorere nk’iyi izamura urwego rw’ukwemera kwabo. Inyigisho za Bahá'u'lláh zirwanya rwose ibi. Urugero, mu nyandiko ye ya kabiri kugeza kuri Napoleon III, Bahá'u'lláh abwira abihayimana muri aya magambo at...

INKURU YO MURI IKI GIHE IBABAJE KANDI ITEYE AGAHINDA. IGICE CYA 1

     Niba ikimenyetso kigaragara cy’ukuri kw’Intumwa y’Imana gituruka ku bushobozi bw’ingaruka zayo ku bantu, nta na rimwe icyo kimenyetso kigeze kiboneka mu mateka y’Amadini ari ku isi ngo gihwane n’icyatanzwe na BAB na BAHA’U’LLAH.      Idini Baha’I imaze imyaka irenga ijana na mirongo ine gusa, nyamara ryakwiriye ku isi yose. Mu mijyi myinshi n’imidugudu, abayoboke b’amadini yose, bemeye ko ari cyo cyuzuzo cy’ibyiringiro byabo by’ingenzi n’umwanzuro w’ibyasezeranijwe n’amadini yabo bwite.      Mu gutera imbere kw’abantu, buri gihe amateka arongera akagaruka. Tubona ibihe biba ibindi.Ibihe byo kugwa n’ibihe by’ikuzo. Ni ko bigenda mu mateka y’amateka. Ibihe birasimburana.Ukwemera kwa Baha’I ntiguhinyuza iryo tegeko ubwo, Ali Muhamadi (1819-1850) yemezaga   umuyisilamumu mugoroba wok u wa 23 Gicurasi 1844. I Shirazi (u Buperusi) ko ari we wasezeranijwe bavuze mu buhanuzi n’inyandiko za kera, Yatangaje igihe cy’isozwa ...