Skip to main content

Posts

Showing posts from 2020

INZIRA Y'UBUSHAKASHATSI NYAKURI

Yewe muvandimwe wanjye ! Iyo umushakashatsi yinjiye mu nzira y'ubushakashatsi bugana ku bumenyi bw'Umukuru w'ibihe, agomba mbere ya byose guhanagura umutima we ari wo ntebe y'ihishura ry'amayobera ahishe y'IMANA ,agahanaguramo umukungugu wirabura w'ubumenyi yize n'ibishuko bya shitani. Agomba gutunganya roho ye. Iyo ngoro y'urukundo rwa Nyagukundwa agakuramo umwanda wose w'Isi, kandi akazinukwa ibintu byose bidafite ukuri.

URWANDIKO RWA SIYYD-I-MIHDIY-I-DAHAJI

  Abantu batunganye bagomba gutekereza no kuzirikana mu mitima yabo uburyo bwo kwigisha. Bagombye gufata mu mutwe interuro n’amabango byavuzwe mu Nyandiko Ntagatifu kandi z’agatangaza bakurikije igihe kugira ngo, mu magambo yabo,bashobore kuvuga mu mutwe amabango y’Imana buri gihe ari ngombwa kuko ayo mabango matagatifu ari umuti ukomeye cyane, Intsinzi ikomeye. Ingaruka yayo irakomeye cyane ku buryo uwumva atazagira impamvu yo kujijinganya.Ndahiye ubuzima bwanjye! Iri hishura rifite ubushobozi bukaze ku buryo rizakora nk’inyerekana-gaciro ku bihugu byose n’amategeko yose yo ku isi. Dufashe igihe cyo kuzirikana twitonze, twakwemera ko nta muntu ushobora guhunga kandi ko ntaho yahungira…

BAHA’U’LLAH: KWEMERA UBUMWE BW’IMANA

  Yemwe abemera ubumwe bw’Imana, mwirinde gutandukanya abahanuzi bayo , kubagiramo ivangura ryabangamira ibimenyetso byaherekeje ihishura ryabo. Mu by’ukuri, aho niho hari igisobanuro nyakuri cy’ubumwe bw’Imana, niba muri mu bashobora kumva uko kuri no kukwemera. Byongeye kandi, mwizere ko imirimo n’ibikorwa by’abo bahanuzi b’Imana, n’ubwo buri wese afite umwihariko, n’ubwo kandi bashobora kwigaragaza by’umwihariko mu gihe kizaza, bose bari mu rwego rw’ubutungane, bose babonekamo ugushaka kw’Imana n’umugambi Wayo. Mu by’ukuri uwatandukanyije abantu,amagambo, ibikorwa n’imigirire y’intumwa z’Ishobora-Byose, yanze ukwemera kw’Imana, yihunza ibimenyetso byayo, anagambanira ubutumwa bwayo.

UKWEMERA K’UBUMWE.

    “Mwese muri imbuto z’igiti kimwe, n’amababi y’ishami rimwe. Mukorere hamwe imirimo yanyu   mu rukundo rukomeye, ubucuti no gufatanya”   “Inshingano y’ingenzi y’Ukwemera kw’Imana n’Iyobokamana ryayo, ni ukurwana ku nyungu za kamere-muntu,gushyigikira ubumwe bwabo no guteza imbere umwuka w’urukundo n’ubucuti mu bantu.”   “ Gusa icyo twifuza ni icyagirira isi akamaro, hamwe n’amahirwe y’ibihugu…ibihugu byose nibyiyunge mu kwemera, n’abantu bose babe abavandimwe, gahuza y’ubucuti n’ubumwe mu bana b’abantu ikomere; gatanya ikomoka ku madini iveho maze irondamoko rikurweho” (Aya magambo yavanywe mu byanditswe na Baha’u’llah)

URWANDIKO RWA BAHA’U’LLAH

Yemwe abatowe n’abaturage kugira ngo mubahagararire muri buri gihugu!Mujye inama,maze mu byemezo byanyu byose,ntimugire ikindi mwitaho uretse igifitiye bene-muntu akamaro kandi mu buryo hatunganywa imibereho yabo, niba mubarirwa mu bashakana ubwitonzi ubutabera.Murebe mu isi ishusho ry’umubiri w’umuntu , wari muzima mu iremwa ryawo,hanyuma ukaza kubabazwa n’imvururu n’indwara zikaze, bitewe n’impamvu zinyuranye. Nta munsi n’umwe, imibare y’uwo mubiri urwaye yigeze yoroshywa kandi,igikabije kurushaho, imibereho yawo yazahajwe n’umuti w’abaswa, bibeshya cyane,bagakurikiza ibitekerezo byabo bwite.Kandi rimwe na rimwe, kubera imiti y’umuganga ushoboye,iyo iyo ndwara yakiraga mu   gace kamwe k’umubiri , ibindi bice byasigaraga bizonzwe n’icyo cyago.        Ubu tuyibona, yifatiwe n’abayobozi basinze ubwirasi, badashobora kureba inyungu zabo kandi bikabagora kwemera ihishura ribarenze,babonamo umuhigo wa gahunda iriho ubu. Igihe cyose umwe muri bo agerageje...

AMASENGESHO ABIRI YA BAHA’U’LLAH

           Ikuzo ni iryawe, Mana yanjye, kandi n’igisingizo ni icyawe, Nyagasani! Ku bw’Izina ryawe rigaragaza ubushobozi n’imbaraga zawe, ndagusaba gusukura indorerwamo z’imitima y’abagaragu Bawe,imyanda y’ugushidikanya, gukekeranya no kuyobora imitima yayobye mu rumuri rwawe,kugira ngo ibashe kubona Ubumwe bwaweno kwemera Ukuba umwe kwawe.         Mana yanjye nta bundi buhungiro butari Wowe,kandi nta yindi nzira igeza ku nturo yawe.Mana yanjye,igihe umuryango wawe uzakumenyera ntuzava mu nzira yawe. Wufashe guhora ukomeye kandi ukuyoboka mu gihe ukugana,kugira ngo ubashe kugera mu Bwami Bwawe no kurangiza ugushaka kwawe.         Uri Nyirububasha, Nyirimpuhwe.                                    ...

INGOMA Y’IMANA KU ISI

           Kuva kera cyane, mbese kuva amateka y’isi yatangira kwandikwa, Intumwa z’Imana zabwiye abantu ibyerekeye ukuza k’umunsi ukomeye, umunsi abantu bazabaho mu mahoro no mu bumwe nk’abavandimwe, maze Imana Ubwayo ikazaba ari Yo iyobora umuryango wayo.Abayoboke ba buri dini bakomeje gutegereza icyo gihe. Ayo mizero yagezweho muri iki gihe turimo. Baha’u’llah yatwigishije ko iki kinyejana aricyo cyategerejwe kuva kera; ko turi mu ntangiriro y’igihe cy’agahebuzo.Avuga ko ari umunsi wa Nyagasani (Imana). Abdu’l-Baha yabisobanuye muri aya magambo: “Ni igihe gishya cy’ububasha bw’umuntu.Impezamaso z’isi zose zaramurikiwe, maze isi ihinduka nk’ubusitani bwiza na paradizo. Ni igihe cy’ubumwe bwa bene-muntu no kwifatanya kw’amoko yose n’inzego zose. Mwabonye ku miziririzo ya kera yahezaga abantu mu bujiji maze igasenya imfatiro nyakuri za bene-muntu.Impano y’Imana muri iki gihe cy’umucyo ni ukumenya ubumwe bwa kamere-muntu n’ubumwe-shingiro bw...

AMASENGESHO YA BAHA'I: IBIGERAGEZO N’AMAGORWA

  Wowe ibigeragezo byawe ni umuti ukiza ku bari hafi yawe,inkota ni icyifuzo gikomeye ku bagukunda bose,umwambi ni icyifuzo cya mbere cy’imitima igushaka, kandi itegeko rikaba ryonyine ukwizera kw’abemeye ukuri kwawe! Kubw’ubwiza bwawe n’ububengerane bw’Uruhanga rwawe, ndakwinginze, dukwizeho ikizatuma tukwegera, giturutse mu ruhimbi rwawe rwo mu ijuru. Komeza rero intambwe zacu mu Ntego yawe,Mana yanjye, murikira roho zacu n’imirasire y’ubumenyi bwawe kandi uboneshereze imitima yacu n’uburabagirane bw’amazina yawe. Niba hari icyo mwifuza kumenya kirenze mwaduhamagara cyangwa mukatwandikira kuri izi nimero zikurikira:  + 250 788590588,  + 250 788438300. Igihe ushaka kugira icyo uvuga ku nkuru umaze gusoma ujya ahagana hasi handitse "post a comment" E-mail yacu ni :  aslbahai.gisenyi@yahoo.fr Mukomeze kugira ibihe byiza aho muri hose. KANDA HANO UMENYE AMAKURU Y'ABABAHA'I HIRYA NO HINO KU ISI

UBUGINGO NYUMA Y’URUPFU

 Baha’u’llah yatwigishije ko ubuzima bwo kuri iyi si bwagombye kurebwa nk’aho ari umwiteguro w’ubugingo tuzagira nyuma y’urupfu rw’umubiri.Roho ntipfa, ahubwo ikomeza kubaho mu yindi si itaboneka y’Imana. Niba roho yarabayeho ku isi ikurikiza inyigisho z’Imana, izakomeza kubaho ku buryo bwuzuye nyuma y’urupfu, niba yarabayeho mu buryo bunyuranyije n’ugushaka kw’Imana, nyuma y’urupfu ubuzima bwayo ntibuzaba bwuzuye, ahubwo buzaba bumeze nk’ubw’umwana wavutse ari impumyi,igipfamatwi cyangwa ikiragi.        Abdul’l-Baha aravuga ati: “N’ubwo urupfu rusenya umubiri,nta bubasha rufite kuri roho kuko roho y’umuntu ihoraho iteka nta kuvuka nta no gupfa.Ku byerekeye roho y’umuntu,iguma mu rwego rw’ubutungane yari yagezemo mu buzima bwo ku isi kandi igihe imaze gutandukana n’umubiri yibira mu Nyanja z’imbabazi z’Imana.” Haifa,Israel Nta juru cyangwa umuriro bibaho, ahubwo ijuru ni ukwegera Imana naho umuriro ni ukuba kure y’Imana.Abdu’l-Baha asobanura ko: “I...

AMASENGESHO YA BAHA'I: MU GITONDO

  Nabyutse muri iki gitondo kubw’inema yawe.Mana yanjye, kandi navuye mu nturo yanjye nkwizeye byimazeyo,nkwiragije. Manuriraho umugisha wo mu ijuru ry’imbabazi zawe kandi umpe kugaruka mu muryango wanjye ndi muzima, nk’uko umpaye kuwusohokamo Undinze, umutima wanjye ukurangamiye bikomeye. Nta yindi Mana ibaho Itari Wowe, Umwe Rukumbi, Utagereranywa, Uzi byose, Nyirubwitonzi.

IJURU RISHYA N’ISI NSHYA

“…Vuba aha, ubu buryo bw’imiterere y’ibintu buzashira busimburwe n’ubushya… Igihe kiregereje cyo kubaka isi nshya mu mwanya w’ishaje kuko ubushobozi bw’Imana bugera ku bintu byose…” “…Umuntu yahawe na Nyirimpuhwe ubushobozi bwo kureba.Irongera imuha ubushobozi bwo gusobanukirwa. Bamwe bemeje ko umuntu ari ubwoko bw’ikinyabushobozi gito; ni we kinyabushobozi gikomeye mu biremwa byose.Ububasha buhishe muri kamere-muntu, icyo ashinzwe kuri iyi si , isumbwe rijyana na kamere ye bwite, ibyo byose bigomba kugaragazwa kuri uyu Munsi Wasezeranijwe n’Imana…”   BAHA’U’LLAH    Niba hari icyo mwifuza kumenya kirenze mwaduhamagara cyangwa mukatwandikira kuri izi nimero zikurikira:  + 250 788590588,  + 250 788438300. Igihe ushaka kugira icyo uvuga ku nkuru umaze gusoma ujya ahagana hasi handitse "post a comment" E-mail yacu ni :  aslbahai.gisenyi@yahoo.fr Mukomeze kugira ibihe byiza aho muri hose. KANDA HANO UMENYE AMAKURU Y'ABABAHA'I HIRYA NO HINO KU ISI

AMASENGESHO YA BAHA'I:UGUKIZWA

Izina ryawe ni ugukizwa kwanjye,Mana yanjye,kandi ukukwibuka ni umuti wanjye. Kuba hafi yawe ni amizero yanjye,kandi urukundo ngufitiye ni mugenzi wanjye,impuhwe ungirira ni ugukizwa kwanjye n’inkunga yanjye muri iyi si no mu yindi. Mu by’ukuri uri Imana y’ubugwaneza bunononsoye,Uzi byose,Umwitonzi bitagira urugero. Niba hari icyo mwifuza kumenya kirenze mwaduhamagara cyangwa mukatwandikira kuri izi nimero zikurikira:  + 250 788590588,  + 250 788438300. Igihe ushaka kugira icyo uvuga ku nkuru umaze gusoma ujya ahagana hasi handitse "post a comment" E-mail yacu ni :  aslbahai.gisenyi@yahoo.fr Mukomeze kugira ibihe byiza aho muri hose. KANDA HANO UMENYE AMAKURU Y'ABABAHA'I HIRYA NO HINO KU ISI

UBUHANUZI

Ibihungabanya isi biturutse ku madini no ku mibanire y’abantu. “…Isi iri mu kaga gakomeye kandi ubujiji bukabije bwiganje mu mitima y’abayituye…” “…Mu by’ukuri mvuze ko: kudakabya ni ngombwa mu bintu byose, kurenza urugero niho ibibi byose bituruka.Murebe uko amajyambere y’iburengerazuba yahindutse isoko y’iterabwoba mu bantu! Igikoresho cy’ubugome cyagiye kiboneka buhoro buhoro, none hadutse ubugome bukabije,busenya ubuzima ku buryo amaso n’amatwi bitigeze byumva cyangwa ngo bibone ibintu nk’ibyo…” “…Amajyambere atuzanira ibyiza iyo atarengeje urugero naho iyo yarurengeje ahinduka isoko y’ibibi byinshi…Umunsi uregereje ubwo ayo majyambere azatwika imijyi yose yo ku isi…” “Abantu bazinangira mu bugome kugeza ryari? Imiyaga y’ubwihebe irahuhira mu byerekezo byose, kandi amahane atandukanya kandi ababaza abantu ariyongera buri munsi.Ubu ibintu bimeze nabi cyane kandi ibimenyetso by’imvururu n’impagarara bishobora kugaragara…” “…Ubu isi iri ku gise. Umubabaro wiyonge...

AMASENGESHO YA BAHA'I: UKURINDWA

Habw’ikuzo Nyagasani Mana yanjye! Ndakwinginze, mu bicu by’inema yawe isendereye ,manura umuvu uzasukura imitima y’abagaragu bawe igishobora cyose kubabuza kwitegereza Uruhanga rwawe no kuguhindukirira, kugira ngo bose bashobore kwemera Uwabahaye ubuzima, Umuremyi wabo. Kubw’imbaraga z’ububasha bwawe, bafashe rero Mana, kugera mu mibereho yabaha gutandukanya   bitabagoye impumuro mbi n’imibavu y’umwambaro w’Uwitwa Izina ryawe ry’ikuzo kandi ryashyizwe hejuru cyane,kugira ngo bashobore kukwerekezaho urukundo rwabo rwose no gusogongera ku gusangira nawe kuzuye ku buryo, niyo bahabwa ibyiza byose by’isi n’ijuru, babona ko bidakwiriye kubyitaho kandi bange icyababuza kukwambaza no kwamamaza urwibutso rwawe. Uwo nkunda cyane, Cyifuzo cy’umutima wanjye,ndakwinginze,umugaragu washatse Uruhanga rwawe, murinde imyambi y’abakwihakanye n’amacumu y’abahakanye Ukuri kwawe. Muhe rero kukwitangira byuzuye,gutangaza izina ryawe no kugumisha amaso ye ku ruhimbi rw’Ukwigaragaza kwawe...

Inama za ABDU’L-BAHA

Mu gihe cy’ibindi bibazo,ABDU’L-BAHA yatanze inama muri aya magambo: “Mu munsi nk’uyu,ubwo amakuba n’ibigeragezo byari byugarije isi,ubwoba n’umushyitsi bitigisa isi,mukwiye kugira ugukomera no gushikama kandi mufite mu maso hanezerewe,nk’uko mu bushake bw’Imana, umwijima w’ubwoba n’ibyikango bishobora gukurwaho iteka, n’urumuri rurabagirana rw’icyizere rugasesekara ku isi. Isi iri ahantu ikeneye cyane icyizere ndetse n’ubushobozi butangwa n’imyemerere. Nshuti bakundwa, hashize igihe kinini mubana mu matsinda y’imyizerere afite indangagaciro zikenewe muri iki gihe nka: ubumwe no kwiyumvanamo, ubumenyi no gusobanukirwa, umuco wo gusengera hamwe no guhuza imbaraga.  Byongeye kandi, twagezweho n’uburyo umuhati wo gukomeza ziriya ndangagaciro byakomeje imiryango, nubwo hari ibintu byagiye bikoma mu nkokora imigendekere myiza y’ibikorwa byazo. Nubwo bagerageje guhangana n’ibibazo bishya, abizera bagiye bishakamo ibisubizo bagashaka uburyo bukomeza ubushuti bwabo no guhumurizanya...

AMASENGESHO YA BAHA'I: IMBABAZI

Nyagasani! Wowe Nyagasani Nyirimbabazi! Uri Ubuhungiro bw’abagaragu bawe bose. Uzi amabanga kandi ubona ibintu byose. Twese turi abanyantege nke nyamara Wowe uri Nyirububasha, Ushobora byose. Twese turi abanyabyaha kandi Uli Ubabarira abanyabyaha, Nyirimpuhwe, Nyiribambe. Nyagasani wikwita ku ngeso mbi zacu. Tugirire ukurikije inema yawe n’ubugwaneza bwawe. Ingeso mbi zacu ni nyinshi,ariko inyanja y’imbabazi zawe ntigira iherezo, intege nke zacu zirahimbye ariko ibimenyetso by’ubutabazi bwawe ntibishidikanywa.Dukomeze rero kandi udutere imbaraga.Duhe gukora igikwiranye n’irembo ryawe ryera.Murikira imitima yacu,amaso yacu uyahe kubona neza n’amatwi uyahe kumva neza,kiza abarwayi kandi uzure abapfuye. Abakene bakungahaze kandi abatinya ubahe amahoro n’umutekano. Twemere mu bwami bwawe. Tumurikishirize urumuri rw’Ubuyobozi. Uri Nyirububasha kandi Uri Nyirubushobozi,Uri Umunyabuntu! Nyiribambe! Umugwaneza!

AMASENGESHO YA BAHA'I

Mana yanjye! Mana yanjye! Mu by’ukuri ndaguhamagara kandi nkwingingingira mu irembo ryawe ryera,ngusaba kumanurira imbabazi zawe zose kuri ibyo biremwa. Bigenere bidasanzwe kwakira inema zawe nziza n’ukuri kwawe. Nyagasani! Fatanya kandi uhuze imitima,wunge ibiremwa byose kandi unezeze imitima kubera ibimenyetso by’ubutungane bwawe n’ubumwe bwawe. Nyagasani! Ha buri ruhanga muri izo kurabagirana kubera urumuri rw’ubumwe bwawe.Komeza impyiko z’abagaragu bawe mu gukorera ubwami bwawe. Nyagasani, Wowe w’impuhwe zidashira! Nyagasani Ugira ibambe n’imbabazi! Tubabarire ibyaha byacu n’imico mibi yacu kandi uduhe kugarukira Ubwami bw’impuhwe zawe, twambaza ingoma y’ubushobozi n’ububasha, twiyoroshya imbere y’uruhimbi rwawe kandi twumvira ikuzo ry’ibimenyetso byawe.

Isi iri ku gise

Isi iri ku gise,akababaro kayo kariyongera buri munsi.Yahindukiriye ubuhakanyi n’uburiganya.Ariko turasanga ubu ngubu atari ngombwa guhishura uko bizagenda.Izakomeza kwinangira igihe kirekire mu buriganya bwayo,maze ubwo isaha yategetswe izaba igeze,ako kanya,hazaboneka ikizahindisha umushyitsi bene-muntu  bose.Icyo gihe, kandi,icyo gihe cyonyine niho ibendera ry’Imana rizazamurwa,icyo gihe kandi,icyo gihe gusa,Inyombya yo mu ijuru izumvikanisha indirimbo yayo inyuze amatwi. BAHA’U’LLAH                             

AMAHORO KU ISI HOSE

“… Inkuru nziza ya mbere… ni itegeko ryo gukura mu gitabo cy’Imana iteka ry’intambara zishingiye ku madini…”. “…Abantu bose twabageneye Amahoro rusange kuko ari bwo buryo bwiza bwo kurinda bene-muntu. Abami bo ku isi bose, bagomba kwita kwita kuri iryo tegeko kuko ari ryo ntambwe y’ibanze yo kuzana ituze n’amahoro y’isi…” “… Igihe kizagera cyo kwiyumvisha ko hakenewe inteko ngari y’abantu bahagarariye isi yose. Abami n’ibikomangoma byo ku isi bagombye kuyishyiraho,bakajya mu nama zayo, bagashaka inzira n’uburyo bwo gushing Amahoro Makuru ku isi…Niba umwami atekereje gufata intwaro arwanya undi mwami, abandi bose bagombye guhagurukira icyarimwe bakabimubuza…” “...Abashinzwe Inzu y’Ubutabera bagomba gushaka ukuntu habaho Amahoro Makuru cyane kugira abantu be gutagaguza amafaranga yabo. Ibyo ni itegeko kandi ni ngombwa, kuko mu mahame no mu ntambara, ariho havuka impagarara n’imibabaro…” BAHA’U’LLAH “…Bishoboka bite ko abantu barwana kuva mu gitondo kugeza nimugoroba...

URUKIKO MPUZA-MAHANGA

“…Hashize imyaka irenga 100, mu Gitabo cy’Amategeko,Baha’u’llah yategetse abantu gushinga Amahoro Rusange, atumira amahanga yose ku meza y’ubutungane,y’ubutabera mpuza-mahanga, gukemura ibibazo by’imipaka, ishema ry’ibihugu, amasambu, ibireba inyungu zikomeye z’ibihugu, bigakorwa n’urukiko rwa gacaca… Niba hari ikibazo kivutse hagati y’ibihugu bibiri, icyo kibazo kizashyikirizwa Urukiko rw’isi yose maze rugikemure…”. “…Urukiko rw’Ikirenga ruzashyirwaho bafatanije n’Ubutegetsi bw’ibihugu , ruzaba rugizwe n’abanyamuryango batowe muri buri gihugu.Ubwumvikane buke bwose mu rwego ruhuza ibihugu byose buzashyikirizwa urwo Rukiko rushinzwe gukemura buri kibazo cyose cyabasha gukurura indwano. Umurimo w’urwo rukiko uzaba uwo guhosha intambara…”. ABDU’L-BAHA.

Inshamake ku mateka y’ukwigaragaza kwa Bab twizihiza uyu munsi nk'aba Baha'i

Nyuma y’ubushakashati bw’itsinda ryari riyobowe na Mulla Husayn, nk'uko bari barabibwiwe n’uwari ubakuriye ariwe Siyyid Kazim mbere y'uko yitaba Imana, nawe ubwe wari warasimbuye Sheik Ahmad Ansaï, we (Mulla Hussein)n’abasangira-ngendo be, berekeje mu burasirazuba bwa Perse ariyo Iran y'ubu, mu mujyi witwa Shiraz. Haifa\Israel ahantu hatagatifu Bab aruhukiye(shrine) Bawugezemo, bagabanye imihanda itandukanye (streets) y'uwo mujyi, basezerana ko bahura mu isengesho ry’igicamunsi ku musigiti bari bumvikanye. Umuhanda Mulla Husayn yafashe niwo yahuriyemo n’umusore ufite mu maso hakeye cyane, wuj’ubwuzu, nuko amutumira iwe. Bageze mu rugo, nibwo Ali Muhamad amubajije impamvu imugenza [Mulla Hussein yari umushyitsi muri uwo mujyi]. Nibwo amubwiye impamvu ituruka ku sezerano yari yarahawe na Siyyid Kazim : ko ari gushaka Quaïm wasezeranyijwe n’intumwa Muhammad [Imana imuhe amahoro ubuziraherezo] nk'uko tubisanga mu gitabo gitagatifu cya Korowani. Ali...

GUKEMURA IBIBAZO BY’UBUKUNGU BINYUZE MU NZIRA Y’UBUTUNGANE.

“…Imana yabahaye gutegeka abantu kugira ngo mubatware mu butabera, abarengana mukabarenganura,mugahana abarenganije abandi…”. “…Nimwumvikane kandi mugabanye intwaro, ari ukugira ngo imari mukoresha igabanuke n’imitima yanyu igire ituze. Twamenye ko mudahwema kongera amafaranga y’ibyo mugura kandi umutwaro mukawugereka ku bo mutegeka.Mu by’ukuri , ibyo birenze ibyo bashobora kwihanganira, kandi murabahohotera…” “… Mumenye ko abakene muturanye ari nk’indagizo Imana yabashinze. Mureke kwivutsa icyizere cyayo igihe murenganya abo bakene”. “…Yemwe abatorewe guhagararira abaturage muri buri gihugu, nimujye inama kandi mu mpaka zanyu ntimukagire ikindi mwitaho usibye icyagirira abantu bose akamaro kandi gishobora gutuma barushaho gutuma bamererwa neza, niba mubarirwa mu bantu bashaka ubutabera…”. “…(Umutako wa gatanu) ugenewe kurinda no kubahiriza imibereho inyuranye y’abantu. Nta na rimwe hagomba kubaho amayeri y’uburiganya (ibikorwa) ahubwo ni ngombwa kuvugisha ukuri n...

URURIMI RWA KABIRI RW’ISI YOSE NI NGOMBWA

  “… Ni ngombwa ko indimi zivamo ururimi rumwe ruzigishwa mu mashuri yo ku isi yose”,. “…Twategetse ko abayoboke b’Inzu y’Ubutabera bazahitamo ururimi rumwe mu zisanzwe cyangwa ururimi rushya n’inyandiko imwe mu zisanzwe bikigishwa abana mu mashuri yo ku isi yose, bityo iyi si ikaba nk’igihugu kimwe…” BAHA’U’LLAH. “…Baha’u’llah yatangije iby’ishyirwaho ry’ururimi rumwe rusange bihitiyemo,ruzatuma habaho ubumwe bw’isi. Bizaba ngombwa ko buri wese yiga indimi ebyiri: Ururimi rwa kavukire n’ururimi rwa kabiri rusange ruzatuma amahanga yose yumvikana kandi ruzatuma ubwumvikane buke bukururwa n’indimi nyinshi busibangana…” ABDU’L-BAHA.

UBURINGANIRE BW’UMUGABO N’UMUGORE.

  “…Aya mabango yahishuwe avuye mu ijuru ry’Ubushake bw’Imana, muri Kitab-i-Aqdas,tukimara kugera muri iyi nzu y’imbohe. “Hategetswe ko buri mubyeyi agomba kurera umuhungu n’umukobwa we mu buryo bagomba guhabwa inyigisho z’ubumenyi,gusoma no kwandika , n’ibindi byose byategetswe mu Rwandiko”. BAHA’U’LLAH. “…Imana yaremye ibintu byose mu bitsina byombi. Umuntu, Inyamaswa, n’Ibimera.Ibiremwa byose byo muri izo ngamba uko ari eshatu zifite ibitsina byombi, kandi muri byo nta busumbane na busa. Mu gice cy’ibimera, hari ibimera by’ibigabo n’ibimera by’ibigore, nta busumbane buhari kandi bisangira ubwiza bw’ubwoko bwabyo… Mu gice cy’inyamaswa, tubonamo ingabo n’ingore zitarangwaho ubusumbane kandi zombi zigafatanya gukora icyagirira ubwoko bwazo akamaro… Mu gice cy’abantu, tuhasanga ubusumbane bukabije. Igitsina gore gihabwa agaciro kagayitse, ntigihabwa uburenganzira bungana n’ubw’igitsina gabo. Ibyo byose ntibituruka kuri kamere ahubwo bituruka ku burere. Im...

UBURERE BW’ABANTU BOSE NI ITEGEKO.

  “… Ikaramu y’ikirenga isaba buri wese kwigisha no kurera abana… Umubyeyi wese ategetswe kurera umuhungu we n’umukobwa we abigisha ubumenyi, gusoma no kwandika… Kandi nihagira uwirengagiza ibyo yashinzwe, niba akize , abagize Inzu y’Ubutabera bagomba kumwaka amafaranga agenewe inyigisho z’abana be. Kandi niba ari umukene, Inzu y’Ubutabera twayigize ubuhungiro bw’abakene n’abatishoboye…” “… Ikigo cy’uburezi mbere na mbere kigomba kwigisha abana iby’Iyobokamana… ariko bitari   ukubatoza gukabiriza no kubaha imihati ikurura ubujiji”.                                                                                                               BAHA’U’LLAH “Baha’u’llah ategeka ko abaturage bos...

AMAJYAMBERE Y’ISI YOSE: KUREKA KWISHISHA ABANDI MU BINTU BYOSE.

“Ikintu cy’ingenzi mu byo twaguhishuriye ni Ubutabera. Butuma umuntu yibohora ku miziririzo no ku rwiganwa, yarebesheje amaso y’ubumwe, akimenyera igikorwa cy’Imana gikwiye cy’Ikuzo kandi ijisho rye rishishoza rigacengera ibintu byose…” “…Kwishisha abandi mu buryo ubwo ari bwo bwose, bwaba ubushingiye ku madini, amoko, ibihugu cyangwa politike, bisenya kamere-muntu kandi binyuranyije n’amategeko y’Imana… Kwishishanya mu byerekeye amoko n’ibihugu bitandukanya abantu, kandi nta shingiro bifite, kuko abantu bose ari abana ba Adamu, bagize umuryango umwe…”. “…Nidukomeza kwishishanya tuzitesha ukuri maze duhere mu bujiji. Imirwano hagati y’amadini, ibihugu, n’amoko bikomoka ku bwumvikane buke.Nidusuzuma amadini kugira tumenye amahame ashingiyeho tuzasanga ahuje kuko icyo agaragaza ni kimwe…” “…Bose bagomba kureka urwikekwe maze bakajya mu Kiliziya no mu misigiti kuko hose muri izo nsengero, bavuga Izina ry’Ishobora Byose. Ko bose baterana kugira ngo basenge Imana, itandu...

AMAJYAMBERE Y’ISI YOSE: IDINI RIGOMBA KUTANYURANYA N’UBUHANGA N’UBUMENYI

“…Ubumenyi ni kimwe mu byiza twahawe n’Imana… Impano y’ikirenga kuva kera ni ubwenge kndi izahoraho. Kubera ubwenge ,urwego rw’umuntu ruboneka neza. Ni bwo muhanga wa mbere n’umwigisha wa mbere mu ishuri ry’ukubaho, ni bwo muyobozi n’umutegetsi wo mu rwego rw’ikirenga…” “… Ubumenyi ni nk’amababa y’ubuzima; ni nk’urwego tuzamukiraho. Kugira ubwenge ni ngombwa kuri twese. Mu by’ukuri, ubukungu nyakuri bw’umuntu ni ubumenyi…”. BAHA’U’LLAH “… Igihe amadini n’ibitekerezo binyuranyije n’ubumenyi, ni ukuvuga ko ayo madini ari imiziririzo n’ibihimbano by’abantu; Kuko igiciye ukubiri no kumenya ni ubujiji, kandi ubujiji bukurura imiziririzo…” “… Idini n’ubumenyi birajyana kandi idini inyuranyije n’ubumenyi iba itari mu kuri…” “Kamere-muntu ntibasha kugurukisha ibaba rimwe. Nigerageza kugurukisha ibaba ry’idini gusa izagwa mu cyondo cy’imiziririzo; Naho nigerageza kugurukisha ibaba ry’ubumenyi gusa, izagwa mu nzarwe y’ubwihebe bwo gukunda iby’isi…” “…Igihe idini izaba...

AMAJYAMBERE Y’ISI YOSE: IDINI NIRIBE ISOKO Y’UBUMWE BW’ABANTU

“Uburyo bukomeye cyane bwategetswe na Nyagasani buzaba umuti udahinyuka uzavura indwara z’isi yose ni ubwiyunge bw’amoko yose mu Idini rusange, Ukwemera kumwe…” “…Yemwe bantu mutuye isi! Idini y’Imana igamije urukundo n’ubumwe, mwigira idini intandaro y’urwango n’amahane… Twizeye ko abantu ba Baha (Abemezi ba Baha’u’llah) bazahora biyambaza ijambo ritunganye: “ Nimurebe, ibintu byose biva ku Mana…”. Ku bw’iryo jambo ryonyine amadini azagera ku rumuri rw’ubumwe nyakuri…”. “ Muri iki gihe ishingiro ry’Ukwemera kw’Imana n’Idini ryayo bikubiye mu kwemera kw’iri hame, ubwinshi bw’amadini n’ibyo ayo madini yigisha ntibigomba na rimwe kubera abantu impamvu y’ukutumvikana…” BAHA’U’LLAH “ Idini rigomba guhuza imitima yose no guhashya intambara n’ubwumvikane buke ku isi, rigatuma abantu bagira ubutungane, gutanga ubuzima no kumurikira buri muntu. Niba idini rihindutse is ô ko y’ukutumvikana, urwango no gutana, byaba byiza ko iryo dini ritabaho; kuva muri iyo dini cyaba igikor...

AMAJYAMBERE Y’ISI YOSE: GUSHAKA NTA GAHATO AHO UKURI GUHEREREYE

“…Iyo umushakashatsi nyakuri ageze mu nzira yerekeza ku Mukuru w’ibihe, mbere ya byose agomba kubanza gusukura umutima we, ari wo cyicaro cy’ihishura ry’amayobera y’Imana-akawukuramo umukungugu w’ubumenyi bw’abantu n’amoshya ya Shitani…”. “…Umubande wa mbere ni uw’ubushakashatsi aho bagendera ku igare ry’ukwihanganakuko iyo atihanganye, umugenzi ntaho ashobora kugera kandi n’icyo yifuza ntiyabasha kukigeraho. Umugenzi ntagomba kurambirwa, nubwo hashira imyaka ibihumbi ijana atarabona uburanga bw’inshuti ye, ntagomba kwiheba… kuko abashaka kutubona bagomba kureka kuba ba nta mwete bagakorana umuhati…Ndetse bagomba kwirinda gukurikiza imihango ya ba se na ba sekuru maze bakugarira amarembo y’ubucuti n’ay’urwango ku batuye isi bose… Umushakashatsi nyakuri nta kindi agamije uretse kubona icyo ashaka… Ariko abasha kugera kuri iyo ntera iyo aretse byose, ni ukuvuga ibyo yabonye n’amaso,yateze amatwi n’ibyo azi neza. Agomba gukorana umwete muri ubwo bushakashatsi.Hagomba ubudaco...

AMAJYAMBERE Y’ISI YOSE:UBUMWE BW’ABANTU

“…Mwese muri imbuto z’igiti kimwe,amababi y’ishami rimwe. Ikuzo si iry’ukunda igihugu cye, ahubwo ni iry’ukunda abantu bose…” “…Nyirimpuhwe, ari we Mwami wanyu, yifuza ko ubwoko-muntu bwaba umutima umwe n’umubiri umwe…” “…Icy’umwihariko w’iri Hishura ry’ikirenga ni uko , mu gice kimwe, twasibye impapuro z’Igitabo Gitagatifu cy’Imana zanditseho icyatumaga abana b’abantu batumvikana, bakaryana kandi mu kindi gice, twashyizeho amabwiriza y’ibanze atuma ubwumvikane bwuzuye urukundo n’ubumwe budashira bigerwaho…” BAHA’U’LLAH “…Muri iki gihe , hazaba ihinduka ry’ibintu ridasanzwe mu mateka. Kugeza ubu abantu bari bakimeze nk’abana, ariko ubu bagiye kuba bakuru…” “…Ihame risumba ayandi y’ubugeni bw’Imana ni ubumwe mu bantu, umushumi uhuza Iburasirazuba n’Iburengerazuba, injishi z’urukundo zihuza imitima y’abantu…” “…Muri iri Hishura ry’agatangaza, muri iri sekuruza ry’agahebuzo, ishingiro ry’Ukwemera kw’Imana ni imiterere y’ingenzi y’Itegeko Ryayo ni ukwiyumvisha ...

AMAJYAMBERE Y’ISI YOSE: UBUMWE BW’IMANA N’UBUMWE BW’ABAHANUZI BAYO

“ Menya nta gushidikanya ko Abahanuzi muri kamere yabo ari umuntu umwe rukumbi. Ubumwe bwabo buruzuye. Imana Umuremyi iravuga iti : “ Nta tandukanyirizo na rimwe mu Ntumwa zanjye kuko bose bafite umurimo umwe ugamije ikintu kimwe ndetse n’ibanga ry’umwe ni ryo banga ry’abandi…” “…Izo ndorerwamo zisukuye, iyo Miseso y’Ikuzo rya kera, zose nta kurobanura   ni zo zihagarariye ku isi uwo ibintu byose bishingiyeho. Ni bo mutungo w’ubuhanga bw’Imana, Abiru b’ubushishozi Bwayo… Kubera ihishurwa ry’ayo Mabuye y’agaciro k’imigenzo y’Imana, amazina yose n’imico y’Imana nka : ubumenyi , ubushishozi, ubuganji, ububasha,impuhwe,ubwitonzi, ikuzo, ingabire n’ubugwaneza byagaragaye. Iyo migenzo y’umwihariko y’Imana ubwayo ntiyigeze ihabwa bamwe mu Bahanuzi ngo abandi bayibure…”. “…Nyamara ibyagiye bihishurwa n’Abahanuzi b’Imana ku isi bigomba gutandukana. Buri wese yahawe ubutumwa bwe bwite kandi akaba ashinzwe kumenyekanisha ibikorwa bizwi. Biragaragara ko ubunyurane bw’urumuri Abah...

AMAJYAMBERE Y’ISI YOSE: AMAHAME Y’IDINI BAHA’I

-            Ubumwe bw’Imana n’Ubumwe bw’Abahanuzi. -           Ubumwe bw’abantu bose. -           Gushaka nta gahato aho ukuri guherereye. -           Idini niribe is ôko y’ubumwe bw’abantu. -           Idini rigomba kutanyuranya n’ubuhanga n’ubumenyi. -           Kureka kwishisha abandi mu bintu byose. -           Uburere bw’abantu bose ni itegeko. -           Uburinganire bw’umugabo n’umugore. -           Ururimi rwa kabiri ku isi yose ni ngombwa. -           Gukemura ibibazo by’ubukungu binyuze mu nzira y’ubutungane. -  ...

UBUMWE BW’ISI YOSE.

Ubu niyo ntego bene-muntu bihatira kugeraho. Turebye intege nke, ubwoba n’imibabaro y’abantu bo muri iki gihe, ni nde wakomeza guhakana ko dukeneye Ihishurwa rishya ry’ububasha butanga ubugwingo bw’urukundo rw’Imana n’Ubugabe Bwayo? Ni nde… ushobora kutabona ku buryo yayoberwa ko igihe cy’iryo Hishurwa rishya cyageze, igihe cyo kongera guhamya Ubutumwa bw’Imana , Ubutumwa buzavumbura ya matwara y’Ubutungane, ari yo azatuma ibyagenewe umuryango w’abantu bihishurwa mu bihe byavuzwe? Umurimo ukomeye wo kunga ubumwe bw’isi urasaba ko Umuvugizi w’Imana wo muri ibi bihe atahamya gusa amategeko yatanzwe n’Abahanuzi bo mu bihe bya kera kugira ngo ayobore abantu, ahubwo ko, mu ijwi rye rihamagara abaturage n’abategetsi b’Ibihugu, agaragaza amahame y’ingenzi y’amategeko mboneza-mubano akomoka ku bushishozi bw’Imana, agomba kuyobora imihati ya bene-muntu bashaka gushyiraho Ishyirahamwe ry’isi yose, ari cyo kimenyetso cy’ukuza kw’Ingoma y’Imana ku isi. SHOGHI EFFENDI IDINI BAHA’I NI...

Byinshi utamenye ku gisibo ababaha'i bagira mu kwezi kwa nyuma buri mwaka

Mu myemerere y’idini baha’i, umwaka uba ugizwe n’amezi cumi n’icyenda aho buri kwezi kuba kugizwe n’iminsi 19. Mu kwezi kwa nyuma kwa 19 , buri mwemera wese w’idini baha'i aba akwiye kubahiriza igisibo. Muri uyu mwaka wa 2020, igisibo cyatangiye ku itariki ya mbere Werurwe kizarangira tariki 19 z’uku kwezi n’ubundi. Ubushize twari twababwiye iby’uko isi yose yizihizaga ivuka rya Bab , gusa muri uyu mwanya turarebera hamwe icyo igisibo kivuze kuri buri mwemera w’idini Baha’i. Carmel, Haifa, Israel Iki gisibo kiba mu kwezi kwa 19 buri mwaka iyo kirangiye, nibwo hatangira umwaka mushya mu idini baha’i, witwa Naw-Ruz. Gusiba kuri buri mubaha’i ku isi ntibigoye kuko icyo aba asabwa ni ukudafata icyo kurya no kunywa ku manywa. Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko gusiba ntufate ibyo kurya no kunywa mu gihe runaka bigira ingaruka nziza ku buzima gusa ababaha’i bo babikora   kubera impamvu zishingiye ku myemerere. Ababaha’i batangiye gusiba ubwo iri dini ryatangiraga hagati mu ...